Giteganyijwe ku wa 31 Ukuboza 2025. Yacyise “The Last Night” akaba yaratewe inkunga n’Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Skol.
Ni igitaramo kizabera mu mbuga ya Kigali Convention Center aho Kevin Kade yemeza ko rizaba ari ijoro ridasanzwe, ritandukanye n’andi, ry’ibyishimo byo gusoza umwaka.
Muri iyi myaka uyu muhanzi amaze yataramiye mu bihugu bitandukanye birimo Uganda ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Uretse gutaramira mu bihugu by’amahanga byinshi, Kevin Kade yakoranye n’abahazi bafite amazina akomeye ku ruhando rwa Afurika barimo The Ben na Al Kiba wo muri Tanzania.
Kade asanzwe ari umwe mu bize mu Ishuri ry’Umuziki ry’u Rwanda rizwi nko ku Nyundo aho ari muri ‘Promotion’ ya 2017-2019.
Ali Kiba watumiwe na Kevin Kade yaherukaga kuririmbira mu Rwanda mu gitaramo cya East African Party cyabaye ku wa 1 Mutarama 2018.
Indi nkuru wasoma: Kevin Kade yaba ari gukomanga mu bishyitsi bya muzika nyarwanda? (Video)



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!