Ibi Jasinta Makwabe yabigarutseho mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, ubwo yari abajijwe uko yabonye inzu y’uyu mukobwa iherutse kuvugisha abatari bake ku mbuga nkoranyambaga.
Ati “Jolly ni umuvandimwe wanjye, ikintu mukundira ni uko ari umusirimu ureba ibintu bye [...]. Nakomereze aho kandi turamukunda ikindi ni uko adutera ishema twese.”
Jasinta Makwabe yavuze ko ku bwe ari ubwa mbere abonye umukobwa wo muri Afurika ukiri muto nka Jolly Mutesi wubatse inzu nk’iya Miss Rwanda 2026.
Ati “Ni inshuro yanjye ya mbere nari mbonye inzu nziza y’umukobwa ukiri muto mwiza muri Afurika, nubwo haba hari undi uyifite ubwo ntarayerekana [...] mureke tujye dushima abantu bakiriho. Jolly nguhaye indabyo zawe, uri mwiza, uzi ubwenge … mbese hari abantu bafite umugisha.”
Mu minsi ishize, Jolly Mutesi wegukanye ikamba rya Miss Rwanda mu 2016 yaratunguranye asangiza abamukurikira amashusho y’inzu yujuje mu Mujyi wa Kigali.
Ubwiza bwayo n’uburyo iteye byavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga batunguwe no kubona umwana w’umukobwa nka Jolly Mutesi yuzuza inzu y’igitangaza.
Indi nkuru bifitanye isano: Dutemberane inzu Jolly Mutesi yujuje i Kigali



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!