Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2018, nibwo Humble Jizzo yasabye anakwa umukunzi we, Amy Blauman mu birori byabereye ahitwa Hakuna Matata Lodge and Restaurant ari naho imiryango yombi imaze iminsi.
Humble Jizzo yasohotse agaragiwe na Mighty Popo uyobora ishuri rya muzika riri i Muhanga, Nizzo baririmbana, Riderman w’inshuti ye ya hafi na murumuna we uzwi ku izina rya Famous.
Yasabiwe n’abasaza b’inzobere mu misango y’ubukwe banyuzagamo bagatera urwenya rwa Kinyarwanda rumenyerewe muri ibi birori.
Humble Jizzo na Blauman bagiye kumara imyaka itatu bakundana. Urukundo rwabo rwatangiye gututumba ubwo bahuriraga muri Nigeria Urban Boyz yitabiriye iserukiramuco rya Gidi Culture mu 2015.
Tariki 14 Gashyantare 2017, ku munsi w’abakundana, Humble yatunguye Blauman amwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazabana akaramata, undi ntiyazuyaza arabyemera.
Urukundo rwabo rwakomeje kwiyongera kugeza aho mu Ukuboza uwo mwaka uyu muhanzi yafashe umwanzuro wo kujyana n’uyu munyamerikakazi kumwereka abavandimwe n’inshuti n’imiryango ku ivuko rye mu Karere ka Nyagatare.
Ubu bafitanye umwana w’umukobwa witwa Ariela Manzi wavukiye mu bitaro bya Confluence Health Hospital muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa Wenatchee muri Leta ya Washington, ku wa 23 Mutarama 2018.
Kanda hano urebe uburyo aho ubu bukwe bwabereye hateguye
Amafoto: Niyonzima Moise



















TANGA IGITEKEREZO