Umunya-Ukraine Budiak Anatoli yegukanye Agace ka Musanze- Kigali, akoresheje amasaha atatu, iminota 35 n’amasegonda 21.
Umunyarwanda Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ ukinira Benediction Ignite, yabaye uwa gatatu arushwa amasegonda atanu n’uyu Munya-Ukraine.
Nyuma yo kugera kuri Kigali Convention Centre ahasorejwe Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2022, Karadiyo yavuze ko yagowe no gukurikira abakinnyi bari imbere mu kilometero cya nyuma.
Yagize ati “Agace k’uyu munsi katugoye cyane. Abakinnyi bari bagiye imbere byananiye kubafata. Uriya Munya- Eritrea [Tesfazion wabaye uwa kabiri] yaje arihuta, nanirwa kubakurikirana.”
Yakomeje avuga ko agifite icyizere cyo gutsinda mu gihe hasigaye uduce tubiri turimo akazerekeza i Gicumbi kagasorezwa ahazwi nka Norvège ku wa Gatandatu n’akandi kazakinirwa mu Mujyi wa Kigali ku Cyumweru.
Ati “Sindava ku izima, ndacyafite icyizere. Ndagerageza ejo cyangwa ku Cyumweru ndebe ko nzatsinda.”
Ku rutonde rusange, Manizabayo Eric ‘Karadiyo’, Umunyarwanda uhagaze neza mu irushanwa ry’uyu mwaka ariko akaba ari uwa 10 ku rutonde rusange, arushwa iminota ibiri n’amasegonda 15 na Natnael Tesfazion wa mbere nyuma y’uduce dutandatu tumaze gukinwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!