00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FIFA yamaganye abashaka kwigizayo Infantino

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 August 2026 saa 12:51
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryamaganye bikomeye icyo ryise “umugambi uhuriweho kandi ukomeje” wo kuyisenya no gutesha agaciro Perezida wayo, Gianni Infantino.

Ibi bikurikiye inkuru ya Daily Telegraph yavugaga ko umugore bivugwa ko yari afitanye umubano wihariye na Infantino yahawe amafaranga na UEFA ubwo yavaga mu kazi, nyuma y’uko bombi bivugwa ko bari bafitanye uwo mubano ubwo Infantino yari Umunyamabanga Mukuru w’iyi Mpuzamashyirahamwe.

Umuvugizi wa FIFA yavuze ko Infantino ahakana yivuye inyuma ibyo birego, avuga ko “nta kuri na mba kurimo.”

FIFA na yo yamaganye ibyo yise “ibirego bidafite gihamya n’amakuru agaragara ko ari ibinyoma”, ishimangira ko “ibihuha n’ibikekwa bidakwiye gufatwa nk’ukuri.”

Infantino akomeje gushyirwaho igitutu na UEFA n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru yo mu Burayi kubera umushinga wa FIFA Forward Enterprise (FFE) wahagaritswe. Wari ugamije gushyiraho sosiyete nshya icunga uburenganzira bw’ubucuruzi n’amatike, aho 21% by’imigabane yayo byari kugurishwa umushoramari wigenga.

UEFA yavuze ko yatakarije icyizere Infantino, mu gihe Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Norvège, Lise Klaveness, yamusabye kwegura.

Ku rundi ruhande, Infantino yashyigikiwe na Mexique, CONMEBOL ndetse n’ibihugu 54 bigize CAF. Izi nzego zivuga ko kutamushyigikira bidakwiye gutuma akurwa ku buyobozi hatabaye amatora ahuza abanyamuryango 211 bagize FIFA.

FIFA yagize iti “Abadashyigikiwe n’amashyirahamwe manyamuryango ntibakwiye gushaka kugera ku byo bananiwe banyuze izindi nzira, bakwiye kunyura mu nzira za demokarasi aho kwifashisha ibirego, ibihuha cyangwa amakuru ayobya abantu.”

FIFA yongeyeho ko yemera kugenzurwa, ariko ko ibyo bidatanga uburenganzira bwo kugoreka ukuri cyangwa gukwirakwiza amakuru adafitiwe gihamya.

Inkuru bifitanye isano: Uwari ihabara rya Infantino yishyuwe akayabo bagikorana muri UEFA

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, akomeje kwibasirwa n'abatakimushaka ku buyobozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages