Nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2025/26 yegukanye ibikombe bitatu birimo icya Shampiyona, APR FC yatangiye gutegura umwaka w’imikino mushya wa 2026/27 uzatangirana na CECAFA Kagame Cup.
Iri rushanwa ritegurwa inkunga n’Umukuru w’Igihugu, rizabera mu Rwanda kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama 2026.
Mu gushaka uburyo yubakamo ikipe ikomeye izitwara neza mu mwaka w’imikino itaha, APR FC yahisemo gutandukana n’abanyamahanga batatu basoje amasezerano.
Abo ni rutahizamu w’Umunya-Mauritania Mamadou Sy, myugariro w’Umunya-Sénégal Aliou Souané n’Umunya-Mali Mohamadou Lamine Bah ukina inyuma ya ba rutahizamu. Bose bari bamaze imyaka ibiri muri iyi kipe.
Bivugwa ko APR FC ishobora kwinjizamo abanyamahanga batanu bashya, ndetse mu bandi bashobora gutanga imyanya harimo Umunya-Uganda Denis Omedi usigaje amezi atandatu ku masezerano ye.
Kuri ubu umukinnyi mushya bivugwa ko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yamaze gusinyisha ni Umunyezamu w’Umunya-Mozambique, Ernan Siluane, wakiniraga Black Bulls y’iwabo.
Abandi bakinnyi basoje amasezerano muri iyi kipe, barimo abazongerarwa cyangwa bagatandukana na yo ni Ishimwe Pierre, Ruhamyankiko Yvan, Niyomugabo Claude, Nshimiyimana Yunussu, Ruboneka Bosco na Mugisha Gilbert.
Myugariro w’iburyo, Byiringiro Jean Gilbert ashobora kongererwa amasezerano nubwo agisigaje umwaka umwe muri iyi kipe.
Inkuru bifitanye isano: Impinduka zakorwa muri APR FC igatandukana no kuba ‘Star à domicile’



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!