Aba basore biyeguriye umuco nyarwanda bavukiye kandi bakurira ku gicumbi cy’umuco Nyarwanda mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo y’u Rwanda.
Ishimwe na Ngabo babwiye IGIHE ko biyemeje gusigasira umuco nyarwanda bakiri bato ndetse bifuza ko n’abazabakomokaho bakazawukomeza.
Ishimwe yagize ati “mvuka hano i Nyanza nkaba nizihirwa no kuba nkora ibijyanye n’umuco mu buzima bwanjye bwa buri munsi. Icyanteye gukunda umuco, nakuriye ku gicumbi cy’Umuco, ntorezwa mu Rukari, nkura mbona ibirango byiza by’Umuco wacu by’umwihariko nk’Intotore nziza zabaga ibwami kera bintera kuwukunda no kuwumenya byimbitse kuko nari negereye aho nakura makuru yose ndetse n’ubumenyi bwose nifuzaga ku muco gakondo w’Abanyarwanda”.
Ngabo we yavuze ko impamvu bacengewe n’umuco nyarwanda ari uko bakuriye mu biganza byiza.
Ati“Impamvu umuco waducengeye tukiri bato, twakuriye mu biganza by’ababyeyi bawudutoje kuva mu bwana bwacu, umuco nyarwanda uba muri twe, mbese umuco wabaye twe natwe tuba wo, maze umuco uratwizihira natwe turawutora.
Yongeyeho ko “By’umwihariko njye navaga mu Rukari nkajya no gutorezwa muri GIRIMPUHWE aho twasangaga umubyeyi Mukarugwiza Drocella dushima cyane ibyo yadukoreye byose akanadutoza, akanadukundisha umuco nyarwanda cyane, maze na wo urakunda uratuyoboka.”
Aba basore bombi iyo bataramye byerekana ko hari urubyiruko ruzakomeza gusigasira umuco n’amateka by’u Rwanda bakabitoza n’abo mu bihe bizaza bityo umuco ugakomeza gushinga imizi.
Ngabo na Ishimwe bitabazwa mu bitaramo bitandukanye bakabifatanya n’indi mirimo ya buri munsi ibatunze.
Kurikira Ikiganiro n’igitaramo mu mashusho



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!