Gikundiro Annick, w’imyaka 16, wiga muri “Glory Secondary School” avuga ko impano yo kuvuga imivugo imurimo azayikoresha kugira ngo ifashe benshi.
Gikundiro ngo yatangiye kwiyumvamo iyi mpano, ubwo yandikaga bimwe mu bihe bagenzi be banyuzemo, ndetse n’izindi nkuru zisa nk’izibabaje z’ibyabaga kuri bagenzi be b’incuti.
Ati “Kuvuga imivugo kuri njye biranshimisha cyane kuko ubuhanzi nk’ubu kuri iyi myaka yanjye ni bake babikora, bitungura abantu benshi.”
Umva ikiganiro kirambuye yagiranye na Radio Netherland:
Mu kiganiro yagiranye na Radio Netherland Gikundiro yavuze ko kuvuga imivugo abikora kuko abikunze, kuko yagiye ashyigikirwa n’ababyeyi be, ariko ko byabanje kumutera isoni gusiga imbere y’abantu benshi ariko ubu ngo atangiye kugenda abimenyera, ndetse akumva impano igenda ikura muri we.
Gikundiro yatangaje ko agenda avuga imivugo akurikije ibyo agenda abona, yumva cyangwa amenya.



















TANGA IGITEKEREZO