Ni igitabo kigaragaza akamaro ko kwanga akarengane, kurwanya ikibi no gushyira imbere ubumuntu. Cyamuritswe ku wa 3 Nzeri 2026.
Kayitesi yahisemo kugishyira mu Kinyarwanda nyuma y’ibyifuzo yagiye yakira biturutse ku kuba yari yaracyanditse mu ndimi zirimo Ikidage n’Icyongereza.
Kayitesi yavuze ko yahisemo kwandika iki gitabo kubera abana bamwe bashobora kuba batazi amateka cyane ko ari umubyeyi akaba n’umwarimu.
Yagikoze nk’uburyo bwo gufasha ababyeyi kugirana ikiganiro n’abana babo kugira ngo babafashe kurushaho kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ati “Njya gutekereza kwandika iki gitabo byaturutse ku bana banjye kuko bari basigaye mbambaza ibibazo ariko nkabura uburyo mbasobanurira cyane ko aba ari ukubabwira gusa, nyuma rero bihurirana n’uko ndi umwarimu, ntekereza no ku bandi babyeyi nyuma rero mpitamo kucyandika.”
Yavuze ko yabikoze kugira ngo afashe abana ndetse n’urubyiruko gusobanukirwa kuko cyanditse nk’inkuru hifashishijwe na bimwe mu bishushanyo bifasha umwana gusobanukirwa ariko kandi asigamo n’umwanya w’ibitekerezo byashyirwamo n’umusomyi.
Kayitesi yavuze ko amateka mabi yanyuzemo ubwo yatemwaga igihe yari afite imyaka 11 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma yo kurokoka no gukira amaze kuba mukuru ahitamo kugenda atanga ubuhamya bwe abinyujije mu bitabo yagiye yandika nk’inzira yo gukira ibikomere no gufasha abandi gukira.
Yasobanuye ko igitabo ‘Guharanira Ubumwe’ kirimo ibintu byinshi bitandukanye birimo kwirinda ivangura iryo ari ryo ryose. Kayitesi yashimiye Bridge Vision yamufashije mu gukosora no gusohora kopi z’iki gitabo.
Umukozi muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu ‘MINUBUMWE’, Habimana Djamali yashimiye Kayitesi kubera igitabo ‘Guharanira Ubumwe’ yanditse, agaragaza ko ari imfashanyigisho ikwiye gukomeza kwifashishwa mu mashuri kugira ngo abakiri bato barusheho kumenya amateka y’igihugu.
Kayitesi utuye mu Budage, yagiye yandika ibitabo bitandukanye bigera kuri birindwi birimo icyitwa Choosing Resilience, Broken Life, My Child ndetse n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!