00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Marie Josée Gicali yashyize hanze igitabo cy’ubuzima yanyuzemo muri Jenoside

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 27 October 2023 saa 12:32
Yasuwe :

Imyaka igiye kuba 30 Jenoside yakorewe abatutsi ibaye mu Rwanda, gusa uko bwije n’uko bukeye, bamwe mu barokotse bagenda babohokerwa no kuvuga inzira y’inzitane yanyuzemo muri ibyo bihe bikomeye.

Marie - Josée Gicali ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi wanditse igitabo “On n’Oublie Jamais Rien”, kigaragaza ibyo yanyuzemo muri Jenoside bidakwiriye kwibagirana na gato.

Muri iki gitabo agaragaza uburyo umuryango we wagizweho ingaruka zikomeye na Jenoside, ariko mu buryo bw’igitangaza akabasha kurokoka urupfu nubwo yahakuye ibikomere bitandukanye, byaba ibyo ku mubiri no ku mutima.

Igitabo gisobanura ubuzima bwe mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi, kikagaragaza ivangura ryari rimaze igihe kirekire mu gihugu, ryabibwe mu gihe cy’ubukoloni kugeza aho bazana indangamuntu zirimo amoko n’ibindi byaganishije kuri jenoside.

Marie Josée yasobanuye ko impamvu ikomeye yamuteye gushyira ibyo yibuka ku mpapuro, ko byari ubuhamya yashakaga gusigira abana be.

Ati “Ikintu mba mparanira ni ukugira ngo abana badukomokaho, badatwara uwo mutwaro. Ibitambo twarabitanze, bo bagomba kubimenya ariko uwo mutwaro ntabwo ari uwabo.’’

Uyu mubyeyi avuga ko yasoje kwandika iki gitabo mu 2019, hifashishijwe inzu y’ibitabo ya Hurtubise.

Marie - Josée Gicali kandi akaba yiyemeje gukurikirana inzozi ze akandika ikindi gitabo, nyuma y’aho amuritse iki cya mbere ku wa Gatatu tariki 25 Ukwakira 2023 muri Kigali Public Library.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yashimiye Gicali, avuga ko kwandika ku mateka ya Jenoside warayikorotse, ari ubutwari.

Ati “Ndagushimira ku bw’umuhate wagize wo kwandika iki gitabo cy’ubuhamya. Nk’uko wabivuze ntabwo buri gihe biba byoroshye kubona imbaraga muri wowe ndetse no kwihangana bikenewe mu kwandika ku buzima bwite bw’umuntu.’’

Igitabo “On n’Oublie Jamais Rien kiboneka ku rubuga editionshurtubise.comno mu maguriro y’ibitabo atandukanye.

Marie - Josée Gicali agaragaza iki gitabo nk'umurage ku bana be n'abandi bari mu rungano rwabo batazi byinshi ku mateka y'u Rwanda cyane ajyanye na Jenoside
Igitabo cya Gicali cyakoze benshi ku mutima nyuma yo gusobanura ibikubiyemo
Iki gitabo kigaruka ku bihe bikomeye Marie - Josée Gicali yanyuzemo muri Jenoside yakorewe abatutsi
Dida Bagwire niwe wari umusangiza w'amagambo ubwo hamurikwaga igitabo cya Gicali
Dimitrie Sissi Mukanyiligira wanditse igitabo ‘Do not Accept To Die’, yashimiye mugenzi we washyize igitabo hanze
Uyu mubyeyi afite ibikomere birimo icyo afite ku kuboko byaturutse ku gutemwa muri Jenoside
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Umutoni Sandrine, ni umwe mu bitabiriye umuhango wo kumurika igitabo cya Gicali
Igitabo cya Gicali cyasobanuriwe abitabiriye hifashishijwe uburyo bwo kubara inkuru
Ubwo Marie - Josée Gicali yabaraga inkuru ikubiye muri iki gitabo, bamwe bashavujwe n'ibyabaye mu Rwanda
Senateri Dusingizemungu Jean Pierre ni umwe mu bari bitabiriye umuhango wo kumurika iki gitabo
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène yashimye ubutwari Marie - Josée Gicali yagize bwo kwandika ku mateka ya Jenoside
Marie - Josée Gicali yagaragaje ko igitabo cye cyakabaye cyarasohotse mu 2019
Marie - Josée Gicali nyuma yo kumurika igitabo cye, benshi bakiguze ku bwinshi
Albert Nsengimana wanditse igitabo ‘Ma mère m’a tué’ yari ahari ubwo igitabo cya Marie - Josée Gicali cyamurikwaga
Marie - Josée Gicali agaragaza ko iki gitabo kigaruka ku nzira igoye yanyuzemo muri Jenoside
Abantu b'ingeri zitandukanye basobanuriwe iby'igitabo cya Gicali
Abantu bari bitabiriye ku bwinshi imurikwa ry'igitabo cya Marie - Josée Gicali

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages