Ni igitabo uyu musore yise “My Forgiveness Story: A Genocide Survivor’s Story of Forgiveness & In-Depth Study of the Theme”.
Muri iki gitabo, Bruno Iradukunda asangiza abasomyi urugendo rwe rutangaje, kuva ku mubabaro ukomeye watewe n’ibyo we n’umuryango we baciyemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uko yaje gutangira urugendo rwo kubabarira n’uko yaje kubona umudendezo n’ubuzima bw’uzuye abuvomye mu Mbabazi.
Iradukunda yabwiye IGIHE ko iki gitabo kigaragaza inzira y’inzitane kandi itangaje ya Bruno Iradukunda mu guhangana n’umubabaro, umujinya, agahinda n’izindi ngorane nyuma yo kubura se, n’abandi benshi mubagize umuryango we bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Ati “Ni igitabo mbaramo inkuru mpamo y’ubuzima bukomeye nanyuzemo, nyuma yo kubura ababyeyi n’abavandimwe, n’uko nahanganye n’uwo mubabaro nkabasha kubabarira no kwiteza imbere.”
Avuga ko nawe ubwe yarokotse mu buryo bw’igitangaza ubwo grenade yaterwaga hafi y’icyumba yararyemo. Agaragaza ko nyuma y’imyaka myinshi agendera mu kutababarira yaje kwiga byinshi ku mbabazi, abasha kubabarira ndetse amaze imyaka irenga irindwi y’igisha kuri iyo ngingo.
Iki gitabo ntikigaruka ku nkuru y’ubuzima bwe gusa, kinagaruka ku gusesengura iyi ngingo ndetse n’ubuhamya bw’icyo kubabarira bikorera ubikoze.
Bruno Iradukunda wanditse iki gitabo ni umwanditsi, umucuruzi, ndetse atanga ibiganiro ku ngingo z’itandukanye zishingiye muri Bibiliya. Binyuze mu nyandiko ze no mu biganiro agirana n’abantu, yigisha imbabazi, ubuyobozi, kwigira, kubohoka, n’ibindi byose bifasha umuntu kuba mu mudendezo no kugira impamvu yo kubaho.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!