00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hatangijwe gahunda yo gutanga ibitabo ku buntu mu bigo by’amashuri

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 5 Gashyantare 2023 saa 02:01
Yasuwe :

Ikigo cya ‘La cene littéraire’ ku bufatanye n’icapiro rya ‘Flore Zoa’ bikorera mu Busuwisi, byatangije gahunda yo gutanga ibitabo ku buntu mu bigo by’amashuri mu Rwanda, mu rwego rwo gukundisha abakiri bato umuco wo gusoma.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gashyantare 2023 nibwo iyi gahunda yo gushyikiriza abanyeshyuri ibitabo yakomereje mu kigo cy’amashuri cya ‘Saint Ignace’ mu mujyi wa Kigali, mu rwego kubafasha kubona uburyo bwo kubibona biboroheye.

Ni gahunda yatangijwe muri Nyakanga 2022, batanga ibitabo byiganjemo iby’amateka mu bigo by’amashuri birimo ‘Institut de Formation Apostolique de Kimihurura (IFAK)’, ‘ Groupe scolaire consulaire Congolais de Kigali (GSCC)’ n’ibindi.

Umuyobozi mukuru uhagarariye ‘La cene littéraire’ mu Rwanda, Rudasingwa Alex Fessaly, yavuze ko ari gahunda batangije mu kumenyereza abana kugira umuco wo gusoma, bongera n’ubumenyi ku bijyanye n’amateka y’u Rwanda ndetse na Afurika muri rusange.

Ati “Mu gihe hari abashobora gutanga amakayi, amakaramu n’ibindi kugira ngo umunyeshuri abashe kwiga neza. Ni gute twe dufite ubushobozi bwo gutanga ibitabo by’abanditsi, tutatanga umusanzu wacu mu kubafasha mu bijyanye no gusoma?”

Yakomeje agira ati “ Uwo mwana ufashije kubona igitabo mu buryo bworoshye akabona ubwo bumenyi n’ayo mateka, ni we uzahindukira akandika igitabo cye kizafasha abandi.”

Ku ruhande rw’abanyeshuri n’abayobozi b’ibigo, bashimira iyi gahunda nziza yo guhabwa ibitabo ku buntu bagejejweho, kuko bizafasha abana kugira isomero bwite mu rugo, cyane ko ibitabo bahabwa biba bibaye ibyabo ndetse bashobora kubisoma igihe cyose bashakiye.

Umuyobozi w’ishuri rya Saint Ignace, Padiri Nsengimana yagize ati “Ni igikorwa cyiza twakiriye neza, kizafasha abana kubona ubwo bumenyi n’amateka bihishe mu bitabo, yaba ibyanditswe n’abanyarwanda cyangwa abanyamahanga. Bizabatera nabo kwandika ibitabo byabo bwite.”

Iki kigo cya ‘La cene littéraire’ n’icapiro rya ‘Flore zoa’ ni ibigo byatangijwe mu 2015 n’umunyamategeko Flore Agnès NDA ZOA mu Busuwisi, bifasha abanditsi kunoza ibitabo byabo ndetse no kubigurisha.

Byatangije gahunda yo gutanga ibitabo ku bigo by’amashuri biri mu bihugu by’Afurika harimo n’u Rwanda, mu kumenyereza abana umuco wo gukunda gusoma no kumenya amateka bakiri bato.

Abanyeshuri bashishikarijwe gusoma kuko ariyo soko y'ubumenyi
Abiga muri Saint Ignace bishimiye guhabwa ibitabo mu rwego rwo kugira umuco wo gukunda gusoma
Rudasigwa Alex Fessaly yemereye abanyeshuri ibitabo by'ubuntu buri kwezi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .