00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamuritswe igitabo gifasha abana kwigira kuri Perezida Paul Kagame

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 19 July 2024 saa 12:47
Yasuwe :

Ikigo Imagine We Publishers, cyanditse kinamurika igitabo cyise ‘Paul Kagame, The Brave Leader of Rwanda’ kigenewe abana, kirimo ibihe byihariye byaranze ubuzima bwa Perezida Paul Kagame ku buryo abato bakura bamwigiraho.

Ugenekereje mu Kinyarwanda izina ry’icyo gitabo ni ‘Paul Kagame, Umuyobozi udasanzwe w’u Rwanda’.

Cyanditse mu indimi eshatu ari zo Ikinyarwanda, Igifaransa ndetse n’Icyongereza. Gikubiyemo ibihe byihariye byaranze ubuzima bwa Perezida Paul Kagame kuva akiri umwana kugeza abaye Umukuru w’Igihugu.

Umuyobozi Mukuru wa Imagine We Publishers, Dominique Uwase Alonga yabwiye IGIHE ko banditse iki gitabo bifuza ko kizafasha abakiri bato ndetse no gutanga umusanzu mu gusigasira ibyagezweho.

Ati ‘‘Nubwo mbere yo kwandika iki gitabo tutabanje kuganira na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, twifuje ko amenya ko twamwanditseho. Nk’urubyiruko, duharanira gusigasira ibyiza u Rwanda n’Abanyarwanda twagezeho tubikesha intore izirusha intambwe ndetse no guharanira ubudasa nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahora abidushishikariza. Niyo mpamvu twashatse kumutungura, kugira ngo tumwereke ko yareze abakura.’’

Iki gitabo kigamije gishishikariza abakiri bato guharanira kuba abayobozi beza b’ejo hazaza, kurangwa no gukorana umurava, kwigirira icyizere, kugira ubumwe ndetse no kugira inzozi zagutse.

Ikigo ‘Imagine We Publishers’ kandi cyifuza ko umuntu wese uzasoma iki gitabo yazaharanira ndetse akifuriza abe cyane cyane abakiri bato, gutera ikirenge mu cya Perezida Paul Kagame.

‘Imagine We Publishers’ ni ikigo cyatangiye mu mwaka wa 2015, cyandika kandi kikanafasha abanditsi, cyane cyane abandika ibitabo byagenewe abakiri bato ndetse n’urubyiruko muri rusange.

Gitanga amahugurwa n’inama ku bashaka kuba abanditsi b’umwuga, kinonosora kandi kigakosora inkuru n’ibitabo kugira ngo binogere abasomyi n’ibindi.

Ikigo gifite umwihariko wo kwandika ibitabo by’abana ‘Imagine We Publishers’, ni cyo cyanditse iki gitabo
Igitabo Paul Kagame, The Brave Leader of Rwanda’ kigenewe abana n'urubyiruko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .