00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ba kaminuza zo mu Rwanda batangiye amarushanwa yo gusoma no kwandika ibitabo

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 3 March 2025 saa 10:17
Yasuwe :

Abanyeshuri bo muri kaminuza 23 zo mu Rwanda batangiye amarushanwa yo gusoma no kwandika agamije kubatoza umuco wo kwandika ibitabo ku ngingo zitandukanye zirimo n’amateka y’u Rwanda ndetse no kwiga indangagaciro ziranga Abanyarwanda.

Ni amarushanwa yatangijwe kuri uyu wa 03 Werurwe 2025, yabaye ku nshuro ya gatatu, aho agamije kurushaho gukundisha urubyiruko rwiga muri za Kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda gusoma no kwandika by’umwihariko amateka y’u Rwanda.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Hategekimana Richard yavuze ko aya marushanwa ari uburyo bwo guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika, hagashyirwa imbere amateka n’umuco nyarwanda.

Yagize ati “Intego ya mbere ni ugutoza abana b’u Rwanda kwimakaza indangagaciro z’u Rwanda, twatoranyije ibitabo byanditse mu Kinyarwanda zirimo, gusa twateguye n’ibyanditse mu zindi ndimi kugira ngo n’abanyamahanga biga hano nabo bitabire kandi bamenye izi ndangagaciro.”

Yakomeje agira ati “Urubyiruko rugomba kugira umuco wo kwandikira u Rwanda kuko ibyo rwagezeho ni byinshi, abanyamahanga baturusha kwandika amateka yacu bakanayagoreka, twe nk’intore z’iguhugu tugomba guhitamo gukomeza kwandikira urwatubyaye, tunakunda Ikinyarwanda.”

Abanyeshuri ba Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) batangaje ko aya marushanwa yatumye barushaho kumenya amateka y’u Rwanda.

Mushimiyimana Jeannette wiga mu mwaka wa gatutu, yavuze ko yasomye igitabo cyavugaga ku mateka ya Perezida Paul Kagame, cyitwa “Imbarutso y’ubudasa bw’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame”, ahamya ko ubutwari, imyitwarire n’imbaraga byamuranze byakwigisha benshi.

Umuyobozi Mukuru muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK), Dr. Sikubwabo Cyprien yatangaje ko ibitabo abanyeshuri basoma bivuga ku mateka y’u Rwanda, arimo imiyoborere, iterambere u Rwanda rwagezeho n’inzira yo kwibohora, bikabafasha kumenya aho rwavuye n’aho rugeze.

Yagize ati “Gushyiraho amarushanwa yo gusoma no kwandika ni imwe mu nzira nziza idufasha gukundisha abanyeshuri gusoma ibitabo bitandukanye, ni bwo buryo bw’ako kanya budufasha kubibakangurira, iyo bikozwe mu buryo bw’amahiganwa ni byo bituma bitabira cyane.”

Prof. Dr. Rwigamba Balinda washinze Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK), yavuze ko bashyigikira aya marushanwa kuko kuko ari umuyoboro wo kwimakaza indangagaciro zo gukunda igihugu.

Ati “Uburezi iyo budafite indangagaciro, urukundo rukunda igihugu, umwete wo gusoma no kwandika cyane Ikinyarwanda haba harimo ikibazo gikomeye, twe dushyiramo imbaraga zo gutoza abanyeshuri gusoma kugira ngo bagire ubumenyi bwuzuye, bagire umuco, bamenye Ikinyarwanda.”

Abazatsinda aya marushanwa ku rwego rw’igihugu bazahembwa amafaranga azabafasha kwiyishyurira ishuri, cyangwa gutangira imishinga izabafasha kwiteza imbere n’ibindi.

Kuri iyi nshuro abanyeshuri bagera ku 2000 bo muri za kaminuza n’amashuri makuru 23 byo mu Rwanda nibo bitabiriye, bakoze ikizamini cyo gusoma no kwandika Ikinyarwanda, abatsinda bakazahabwa ibihembo ku wa 27 Werurwe 2025.

Umuyobozi Mukuru w'Urugaga rw'Abanditsi b'Ibitabo mu Rwanda, Hategekimana Richard yavuze ko aya marushanwa afasha urubyiruko gucengera amateka y'u Rwanda no kuyigiraho
Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda bari mu marushanwa yo gusoma no kwandika ibitabo
Byitezwe ko aya marushanwa azasiga benshi bazi indangagaciro z'umuco nyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .