Nk’uko twabibateguje mu gice cya Karindwi, tugiye kwinjira mu gice cy’amateka maremare y’Iremwa ry’Ingoma.
Amateka n’imiterere y’Ingoma tukaba tugiye kuyava i Muzi, tukazayagera i Muzingo.
Turacyari ku ngingo nkuru twise “Umwanya w’Ingoma.” izagenda igira ingingo nto nyinshi zizagenda zisobanura Ingoma n’Umwanya yari ifite mu Rwanda rwo ha mbere.Tukaba tugiye kurebera hamwe agace gato kitwa “Ivuga-Ngoma”
Ivuga-Ngoma
Ivuga-Ngoma ,ni ahantu habaga haratoranyijwe ngo hajye havugirizwa ingoma mu bihe byo ha mbere Aho ingoma zavugiraga ni ahari ingoro y’umwami cyangwa se ku Rurembo rw’Umuhinza .Ingoma zavugiraga Umwami,zikavugira ingabe,kuko niyo umwami yabaga Adahari yarambagiye Igihugu cyangwa se yagiye ku rugamba ingoma zarabikiraga zikanabambura.Aha hakurikira ni ahaibanze kuvugirizwa ingoa mu bihe byo ha mbere.
Aho zavugiraga Komini Perefegitura Akarere k’ubu
Giseke Rusatira Butare Nyanza
Mulinza Muyaga Butare Gisagara
Mwulire wa Save Mbazi Butare Gisagara
Nyanza Nyabisindu Butare Nyanza
Rushyashya Nyabisindu Butare Nyanza
Nyamirembe ya Humure Muhura Byumba Gatsibo
Gabiro Ngarama Byumba Gatsibo
Gatsibo k’Imitoma Ngarama Byumba Gatsibo
Busigi Tumba Byumba Gicumbi
Remera rya Humure Murambi Byumba Gatsibo
Rutaraka rwa Nyagatare Ngaramba Byumba Gatsibo
Mwezi kwa Ndagano Karengera Cyangugu Nyamasheke
Nyamasheke kwa Rwabugili Kagano Cyangugu Nyamasheke
Nyamirundi Gafunzo Cyangugu Nyamsheke
Mu miko ya Gihundwe Cyimbogo Cyangugu Nyamsheke
Ngeli Mubuga Gikongoro Nyamagabe
Suti ya Banege Musange Gikongoro Nyaruguru
Kageyo Satinsyi Gisenyi Nyabihu
Gitarama cyo mu Bugamba Kibilira Gisenyi Nyabihu
Mpushi Nyamabuye Gitarama Muhanga
Kamonyi Taba Gitarama Kamonyi
Rwamaraba Nyamabuye Gitarama Muhanga
Shyogwe Nyamabuye Gitarama Muhanga
Gaseke Rutobwe Gitarama Kamonyi
Mata ya Ruhanga Mushubati Gitarama Ngororero
Ku Kiyanja Masango Gitarama Kamonyi
Bweramvura bwa Kinihira Masango Gitarama Ruhango
I Kiganza Tambwe Gitarama Kamonyi
Remera Rukoma Taba Gitarama Ruhango
Ruhango rwa Mutaraka Kigoma Gitarama Ruhango
Mayembe Masango Gitarama Ruhango
Rwamagana Rutonde Kibungo Rwamagana
Remera y’ i Mukiza Kigarama Kibungo Ngoma
Sakara kwa Rwabugili Birenga Kibungo Kirehe
Rubengera Mabanza Kibuye Rutsiro
Gihara Mabanza Kibuye Rutsiro
Bizu Mabanza Kibuye Rutsiro
Nzaratsi Bwakira Kibuye Karongi
Kigali kwa Rugwe Nyarugenge Kigali Nyarugenge
Gasabo Gikomero Kigali Gasabo
Mwulire Bicumbi Kigali Rwamagana
Rango mu Bugesera Ngenda Kigali Bugesera
Ruganda kwa Ruganzu Tare Kigali Rulindo
Nkuzuzu kwa Mibambwe Mutabazi Rubungo Kigali Gasabo
Huro kwa Mibambwe Musasa Kigali Gasabo
Mbirima na Matovu Rushashi Kigali Gakenke
Kabuye ka Jabana Rutongo Kigali Gasabo
Remera y’ Abaforongo Mugambazi Kigali Rulindo
Gasozi kwa Cyilima Rujugira Rubungo Kigali Gasabo
I Butare bwa Nduba Gikomero Kigali Gasabo
Mata ya Kigarama Kigombe Ruhengeri Musanze
Kibuye mu Kibali Nyarutovu Ruhengeri Gakenke
Nyakinama mu Murera Nyakinama Ruhengeri Musanze
Uretse mu Rwanda, hari n’aho ingoma zavugiraga mu mahanga nko ku Ijwi mu bitero bya Rwabugili yabaga yagabyeyo. Ariko aho ingoma zakunze kuvugira cyane ni I Buhindangoma h’I Rucuro,zikavuzwa n’Abacyuriro.Iyo umwami w’u Rwanda yabaga yarambagiriyeyo.
Mu bihe by’ubu
Mu bihe by’ubu ingoma zikunze kuvugira mu ma Misiyoni zikavuza umurishyo Abiru bitaga ‘’Umurishyo wa Misiyoni”byo gukerensa.Nyamara ariko hari Misiyoni zakunze kwamamara ku mivugirize y’ingoma muri ibi bihe bya vuba aha ng’aha nka: Kaduha mu Bunyambilili, Kabgayi mu Marangara (Muhanga) ,Birambo mu Nyantango (Karongi), Rambura mu Bushiru (Nyabihu), Janja mu Bukonya (Gakenke) na Nyundo mu Bugoyi (Rubavu).
Mu nkuru itaha ikubiye muri iyi ngingo nkuru “Umwanya w’Ingoma” tuzabageza inkuru ivuga “Ikigereranyo cy’imvugo ku Ngoma”
Inganzo z’Abanditsi twisunze
– Ingoma I Rwanda : (Padiri .SIMPENZWE Gasperd ,1992
Twandikire kuri: [email protected]


















TANGA IGITEKEREZO