00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni umunsi wakangaranyije benshi-Imyaka itanu irashize mu Rwanda hagaragaye umurwayi wa mbere wa COVID-19

Yanditswe na Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 14 March 2025 saa 11:30
Yasuwe :

Icyo gihe hari hashize iminsi twumva ko kiri guhitana benshi mu Bushinwa no mu Burayi, ubwoba ari bwinshi kuko hirya no hino ku Isi byari bimaze kumenyekana ko ari icyorezo cyandura kikanakwirakwira vuba, icyakora u Rwanda rwari rwamaze gufata ingamba zose zishoboka kuva ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali kugeza ku nkiko z’igihugu mu merekezo yose.

Ku wa 14 Werurwe 2020 mu masaha y’igitondo, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda hagaragaye umurwayi wa mbere ufite ibimenyetso by’icyorezo cya Coronavirus cyari kiri gusya kitanzitse mu mfuruka zose z’isi.

Uwo ni umugabo w’Umuhinde wari wavuye i Mumbai ku wa 08 Werurwe, ariko agera mu Rwanda nta kimenyetso na kimwe cya COVID-19 agaragaza kugeza ku wa 13 uko kwezi ubwo yumvaga atameze neza akihutira kwijyana kwa muganga.

Ibikorwa byo gushakisha abahuye na we byahise bitangira, abantu bashishikarizwa gukurikiza ingamba zo kwirinda icyo cyorezo zirimo gukaraba intoki kenshi n’isabune, kwirinda kujya ahantu hahurira abantu benshi, kwirinda ingendo zitari ngombwa no gutanga amakuru ku muntu wese wagaragaza ibimenyetso.

U Rwanda rwakoze ibishoboka byose ngo COVID-19 idakwirakwira ku rugero rwo hejuru cyangwa igahitana abantu benshi binyuze mu ngamba zo gushyira mu kato abagaragaje ibimenyetso, gahunda nka Guma mu Karere, Guma mu Rugo n’izindi zirimo gufunga amashuri n’insengero, amasoko n’ahandi hahurira abantu benshi.

Hashyizweho amasaha yo gutaha ku bantu bakoraga ibikorwa birimo ubucuruzi bw’ibiribwa n’ibindi bifitiye inyungu z’ibanze abaturage, abarenze kuri ayo masaha bagahanishwa ibihano bitandukanye birimo no kurazwa muri stade bakigishwa bakabona guhabwa uburenganzira bwo gutaha.

U Rwanda kandi rwihutiye gushaka uburyo rwabonera vuba inkingo abaturage barwo bagakingirwa, ibintu byatanze umusaruro ufatika ugereranyije n’uko byagenze mu bindi bice by’Isi.

Kugeza muri Werurwe 2023, imibare ya Minisiteri y’Ubuzima, yagaragazaga ko mu Rwanda abamaze guhitanwa na COVID-19 ari 1.468 mu bagera ku 133.172 bayanduye, mu gihe abantu bagera kuri 10.091.151 barimo abana 1.088.318 bafite hagati y’imyaka itanu na 11 bari bamaze guhabwa nibura doze ebyiri z’urukingo.

Byari ibihe bibi abantu badateze gukumbura na rimwe na cyane ko byasize bamwe babuze ababo, abandi babura akazi mu gihe abandi byasize banegekajwe n’iki cyorezo cyakangaranyije Isi.

Icyorezo cya COVID-19 cyazengereje abatuye isi ku buryo cyagiye kiza mu bwoko butandukanye kandi bwandura ku muvuduko wo hejuru
Kigali ya nijoro muri COVID-19
Iminsi ya Guma mu Rugo yari yaraciye urujya n'uruza hirya no hino mu gihugu
Leta n'abikorera bahuje imbaraga bagoboka abantu babonaga icyo kurya ari uko bakoze uwo munsi
Iminsi ya Guma mu Rugo yari indyankurye ku buryo ahategerwa imodoka nta n'inyoni yatambaga
Gahunda yo gukingira yaramiye ubuzima bwa benshi mu guhangana na Coronavirus
Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo no gukomeza guteza imbere urwego rw'ubuvuzi, mu Rwanda hubatswe uruganda rwa BioNTech rugamije kujya rufasha igihugu n'umugabane wa Afurika kubona inkingo vuba kandi bitagoranye
Abo mu nzego z'ubuvuzi bakoze akazi gahambaye mu gihe cya COVID-19
Ikigo Nderabuzima cya Kanyinya cyafashirijwemo abarwayi benshi ba Coronavirus

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .