00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamuritswe filime igaragaza ubukoloni nk’umuzi wa Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 30 May 2024 saa 01:36
Yasuwe :

Mu 1907 na 1908 nyuma y’imyaka 13 Abadage bakandagiye ku butaka bw’u Rwanda, batangiye kujya bafata imibiri y’Abanyarwanda bapfuye bakayijyana iwabo, aho kuri ubu hari imibiri irenga 900 ikiri i Berlin mu Budage.

Intego nyamukuru yari ukujya gupima iyi mibiri kugira ngo bagaragaze ko Abanyarwanda bariho icyo gihe batandukanye ndetse baturuka no mu bwoko bunyuranye.

Umuhanga mu gutegura filime, Samuel Ishimwe, avuga ko ibi bikorwa biri mu byatumye abantu bumva kandi bakanemera ko bari batandukanye kandi ari ikinyoma cyahimbwe n’abakoloni kugira ngo babacemo ibice, bityo kubayobora byorohe.

Ni ingingo yagarutseho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Gicurasi 2024, ubwo hamurikagwa filime mbaramakuru ‘Reclaiming History’ igaruka ku bikorwa by’abakoloni nk’intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yayobowe na Samuel Ishimwe, wanayigaragayemo, afatanyije n’undi muyobozi wa filime Matthias Frickel ndetse inatunganywa ku bufatanye bw’igitangazamakuru mpuzamahanga cyo mu Budage, Deutsche Welle.

Umushakashatsi mu Nteko y’Umuco ushinzwe Amateka Ashingiye ku Bisigaratongo, Ntagwabira André, yavuze ko “Iyo mibiri yatwawe icyo gihe yakoreshejwe mu gushyira mu byiciro Abanyarwanda, kugira ngo bagaragaze ko mu Rwanda hari amoko, kandi ingaruka zabaye Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ubwo u Budage bwatsindwaga Intambara y’Isi ya Mbere, byatumye Ababiligi bahita bakoloniza u Rwanda. Ubu mu Bubiligi hari inyandiko yanditswe n’Ababiligi bari mu Rwanda mu 1920 ikubiyemo itegeko rivuga ko icyo gihe hagombaga gutegeka Abatutsi gusa.

Mu 1932, Ababiligi bazanye ikarita ndangamuntu (Ibuku) iza ishimangira bidasubirwaho amoko, ibitari byarigeze bibaho mu mateka y’u Rwanda. Kuva ubwo umuntu yari Umututsi, Umuhutu cyangwa akaba Umutwa.

Bigeze mu myaka ya 1950, hatangiye inkubiri yo kugaragaza Abatutsi nk’ikibazo ku Bahutu, byose bigamije kurema urwango mu Banyarwanda ari nabwo rwabaye intandaro yakongeje Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ishimwe yavuze ko ibyo byakozwe n’Ababiligi nabyo ari ikindi gikorwa cyo gusumbanisha abantu kuko “Babanje gufata Abatutsi babashyira ku butegetsi abandi bakurwamo, ni ukubabangisha, ni ibintu bifite inyandiko birahari mu bubiko ntibyakozwe n’Abanyarwanda ahubwo byakozwe n’abanyamahanga.”

Matthias Frickel yavuze ko iyi filime y’iminota 86 izafasha abantu benshi guhishurirwa uruhare rw’ibikorwa by’abakoloni mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu bihe bitandukanye, bikanabyara Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Filime yatangiye gukorwaho mu mpera za 2022, itangira gufatirwa amashusho mu 2023, ishyirwa hanze ubwo u Rwanda n’Isi muri rusange byinjiraga mu bihe byo Kwibuka ku Nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Matthias Frickel [iburyo], yavuze ko Abadage batazi neza amateka yabo mu bihugu bakolonije
Sophia Nzayisenga yacuranze umuduri ndetse nawe ayigaragaramo
Iyi filime yayobowe na Samuel Ishimwe, wanayigaragayemo, afatanyije n’undi muyobozi wa filime Matthias Frickel
Iyi filime igaragaza uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi ikomoka ku mabi y'abakoloni b'Ababiligi n'Abadage
Iki gikorwa cyari cyitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye
Ambasaderi w'u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré [ibumoso], yari mu barebye iyi filime
Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Heike Uta Dettmann, ni umwe mu bitabiriye imurikwa ry'iyi filime
‘Reclaiming History’ yerekaniwe ahazwi nko kwa Mayaka
Umuyobozi Mukuru muri Deutsche Welle, DR. Nadja Scholz, yavuze ko bashakaga kureba ingaruka ubukoloni bw'Abadage bwazaniye Abanyarwanda, kandi ko abakiri bato mu Budage bagomba kumenya amateka nk'ayo
Nyuma yo kwerekana iyi filime, hashyizweho umwanya wo kubaza ibibazo

Amafoto: Kwizera Hervé


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .