Aba bashakashatsi bavuga ko imyitwarire mibi umuntu agira, itangira kumugiraho ingaruka iyo arengeje imyaka 36.
Bavumbuye ko kuri iyo myaka aribwo abantu batangira kugira ibibazo by’ubuzima n’ibindi birimo ibijyanye n’agahinda gakabije.
By’umwihariko, basanze kunywa itabi bigira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, kudakora siporo nibura inshuro imwe mu cyumweru bigatera ikibazo ku mbaraga z’umubiri mu gihe inzoga zo zitera ikibazo cy’imitekerereze n’ubushobozi bw’umubiri.
Umugore unywa inzoga nyinshi, yasobanuwe nk’ubasha kunywa nibura amacupa ya byeri 515 ku mwaka, kandi icupa rimwe rifite nibura alcool ya 5%. Icupa ribarwa aha ni irifite mililitiro 355. umugabo we yabariwe amacupa 735 ku mwaka.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!