00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intanga z’umugabo zihuta mu mpeshyi: Ibyavuye mu bushakashatsi bushya

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 14 March 2026 saa 09:55
Yasuwe :

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko mu mpeshyi, intanga ngabo ziba zifite ireme, hanyuma bigahinduka mu gihe cy’itumba.

Abashakashatsi bo mu Bwongereza, Canada na Denmark basesenguye impagararizi z’intanga z’abagabo 15.581 bo muri Denmark na Florida, bose bari hagati y’imyaka 18 na 45.

Ibyo babonye byagaragaje ko ubushobozi bw’intanga bwo kugenda neza (sperm motility), ni ukuvuga ubushobozi bwazo bwo koga no kugera aho zigomba kujya buba buri hejuru cyane mu kwezi kwa Gatandatu no mu kwa Karindwi.

Bavuze ko kumenya neza uko izi mpinduka z’ibihe zigira ingaruka ku bwiza bw’intanga z’abagabo bishobora gufasha kunoza uburyo bwo kuvura ibibazo by’uburumbuke.

Ibi byatuma igihe cyo gukora isuzuma n’ubuvuzi bijyanye no kubyara gitoranywa neza, bigatanga inama n’ubufasha ku bashakanye bifuza kubona umwana.

Ubushakashatsi bugaragaza ko urwego rw’ubushobozi bw’intanga z’abagabo bwo kugenda ruguma rusa mu turere dufite ikirere gitandukanye, ahubwo rugahinduka bitewe n’ibihe by’umwaka.

Bwasanze uru rwego ruba ruri hasi cyane mu Ukuboz no muri Mutarama, nubwo Florida yo igira ubushyuhe umwaka wose.

Icyakora, abashakashatsi basanze nta mpinduka zibaho ku bwinshi bw’intanga ziri mu masohoro cyangwa ku mubare w’amasohoro asohoka, uko ibihe by’umwaka byaba bimeze kose.

Ibi bivuze ko nubwo ubushobozi bw’intanga bwo kugenda neza bushobora guhinduka bitewe n’igihe cy’umwaka, igihe cy’umwaka ntigihindura umubare w’intanga zikorwa n’umubiri w’umugabo.

Intanga ngabo ziba zihuta mu mpeshyi ugereranyije n'ibindi bihe by'umwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages