Kuva tariki ya 14 Ukuboza 2019 kugeza mu gitondo cya tariki ya 27 Werurwe 2020, iminsi 105 iratambutse isi iri gutitizwa n’icyorezo gishya cyiswe Novel Coronavirus (COVID-19). Ni icyorezo cyatangiriye mu Mujyi wa Wuhan, uherereye mu Ntara ya Hubei, mu Bushinwa rwagati, nyuma gitangira gukwirakwira isi yose.
Iki cyorezo bivugwa ko cyatangiye kugarika ingogo mu Bushinwa mu Ugushyingo kwa 2019, ariko amakuru yacyo yatangiye gusakara mu bitangazamakuru byo ku isi hagati mu Ukuboza 2019.
Ku ikubitiro byabaye nk’intambara igihugu cy’u Bushinwa kiri kurwana cyonyine. Gusa ku itariki ya 30 Mutarama 2020, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo kitakiri ku rwego rw’u Bushinwa gusa, ahubwo ko isi yose iri mu kaga.
Umuntu wa mbere yabonetse hanze y’u Bushinwa ku wa 13 Mutarama 2020; muri icyo gihe u Bushinwa bwo bwari bwaramaze kubona ko icyorezo cyabwibasiye kitoroshye kuko muri Mutarama bwaciye agahigo ko kubaka ibitaro byihariye byo kwita ku barwayi ba COVID-19 mu minsi icumi gusa.
Mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubutegetsi bwaho bwavugaga ko ari icyorezo cy’Abashinwa kandi ko nta mpungenge gikwiye gutera abatuye isi muri rusange, ibihugu bituranye n’u Bushinwa byari byatangiye kubona abanduye iki cyorezo; nyuma y’iminsi mike kiba kirambutse kigeze no ku mugabane w’i Burayi.
Ku wa 24 Mutarama 2020, u Bufaransa ni cyo gihugu cya mbere cyo ku mugabane w’i Burayi cyemeje ko cyagezwemo na COVID-19, nyuma y’aho ibindi bihugu byo kuri uyu mugabane bitangira kubona abarwayi ku butaka bwabyo ndetse umuvuduko w’ubwandu ho utangira kuba mwinshi ugereranyije no mu Bushinwa aho cyatangiriye.
Magingo aya, u Bushinwa bwari bumaze amezi asaga abiri bwarashyize abaturage babwo mu kato, bwatangiye kwemerera bamwe gusubira mu mirimo yabo, gusa ku mugabane w’u Burayi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ho ibintu biri kurushaho kuba bibi uko bwije n’uko bukeye.
Ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni cyo gihugu kiyoboye ibindi mu kugira abaturage benshi banduye mu gihe iki cyorezo cyahavuzwe bwa mbere tariki ya 22 Mutarama 2020.
Ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite abanduye 85,625, abamaze gupfa ni 1,303 mu gihe 1,868 bamaze gukira.
U Bushinwa bwo bumaze kubarura abanduye 81 782, abagera ku 61 201 baravuwe barakira, mu gihe 3 169 bitabye Imana.
Igihugu cy’u Butaliyani ni cyo kimaze kugira abantu benshi bitabye Imana kuko muri iki gihugu bamaze kugera ku 8 215, mu gihe abanduye bo ari 80 589.
Espagne yo imaze kubarura abanduye 57 786 kandi na ho abapfa bari kwiyongera umunsi ku wundi kuko ubu bamaze kuba 4 365.
U Budage bufite abaturage banduye 43 938, mu gihe abitabye Imana ari 267, naho abamaze gukira baragera ku 5 673.
U Bufaransa bwo bumaze kubarura abanduye 29 566, abamaze gupfa ni 1 698, mu gihe abakize iyi ndwara ari 4 955.
Igihugu cyo mu Burasirazuba bwo hagati cyibasiwe cyane na COVID-19 ni Iran imaze kugira abanduye 29 406, aho abitabye Imana ari 2 234, mu gihe abakize ari 10 457.
U Bwongereza bwo bumaze kugira abanduye COVID-19 bagera ku 11 813, abakize ni 150, mu gihe abitabye Imana ari 580.
U Busuwisi bwo bumaze kugira abantu 11 811 banduye, 192 bitabye Imana, mu gihe 131 bo bakize.
Ku rutonde rw’ibihugu bimaze kwibasirwa na Novel Coronavirus kuruta ibindi ku isi, byinshi biri ku mugabane w’u Burayi. Ingamba zitandukanye zirimo no gusaba abaturage kuguma mu ngo zabo ziri gufatwa hirya no hino, n’ubwo hakiri ibihugu bitari byabikora kandi bifite abamaze kwandura.
Uburyo bwo kwirinda no gukumira ikwirakwira rya COVID-19 ni ukwirinda gukorana mu biganza, gukaraba intoki inshuro nyinshi hakoreshejwe amazi n’isabune na alcool yabigenewe kandi abantu bagahagarika ingendo zitari ngombwa.



















TANGA IGITEKEREZO