Minisante yatangaje ko uwitabye Imana kuri uyu wa Mbere ari umugabo w’imyaka 58 wo mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa 21 Nzeri 2020, abantu 11 basanzwemo ubwandu bwa COVID-19 iterwa na Coronavirus mu bipimo 1448 byafashwe, bituma umubare w’abamaze kwandura uba 4722 mu gihe 12 bakize, abamaze gusezererwa mu bitaro baba 2973.
Abarwayi bashya bagaragaye muri Kigali ahasanzwe barindwi mu bahuye n’abanduye mu gihe abandi bane bakuwe mu Karere ka Nyamagabe.
Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 477 379, basanzwemo 4722 banduye. Muri bo 2973 basezerewe mu bitaro nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 1722 aribo bakiri kwitabwaho.
Minisante itangaza ko ijanisha ku mubare w’abapfa bishwe na COVID-19 riri kuri 0.6% mu gihe abandura bangana na 0.7%.
21.09.20 Amakuru Mashya | Update
*Kigali:7 (abahuye n’abanduye/contacts of positive cases), Nyamagabe:4 pic.twitter.com/NsnfMdG57Q
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) September 21, 2020
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!