Ibikorwa byo gukingira Covid-19 mu Rwanda byatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa 5 Werurwe 2021, nyuma y’amasaha make rwakiriye ibyiciro bitatu by’inkingo zo mu bwoko bwa AstraZeneca na Pfizer.
Muri rusange ibitaro 45 ndetse n’ibigo nderabuzima bisaga 500 ni byo byatangiwemo inkingo. Abakingiwe ni abakozi bo kwa muganga, abakuze cyane, abajyanama b’ubuzima, abapolisi n’abafite indwara zidakira zirimo umuvuduko w’amaraso, diyabete n’izindi.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku munsi wa mbere w’iki gikorwa hakingiwe abantu 75,056. Biteganyijwe ko iki gikorwa gikomeza kuri uyu wa Gatandatu.
Mu bahawe urukingo harimo 2.051 bo mu Mujyi wa Kigali, 15.007 bo mu Majyaruguru, 21.812 bo mu Majyepfo, u Burasirazuba bufite 20.072 mu gihe u Burengerazuba hakingiwe 16.114.
Mu itangazo risohoka buri munsi ryerekana uko icyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus gihagaze, Minisante yatangaje ko umuntu umwe ari we wahitanywe nacyo mu masaha 24 yashize.
Uwo mugabo w’imyaka 40 witabye Imana mu Mujyi wa Kigali yatumye umubare w’abamaze kwicwa na Coronavirus mu gihugu uba 267.
Mu bipimo 4.534 byafashwe kandi hagaragaye abarwayi 92 bashya bituma umubare w’abamaze kwandura bose ungana na 19.426. Umubare w’abamaze gusezererwa kwa muganga na wo wiyongereyeho 69 bagera kuri 17.751.
Abakirwaye ni 1.418 mu gihe 11 barembye. Ibipimo bimaze gufatwa guhera muri Werurwe 2020 ubwo Coronavirus yabonekaga mu Rwanda bingana na 1.029.747.
Nubwo abaturarwanda batangiwe gukingirwa, bakomeza kugirwa inama yo gukomeza kwirinda no kubahiriza amabwiriza yashyizweho n’inzego z’ubuzima.
Abanyarwanda bagirwa inama yo gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho, bibuka kwambara agapfukamunwa buri gihe bavuye mu ngo, bakaraba intoki kenshi, birinda amakoraniro n’ibindi bintu byose bishobora guhuriza hamwe abantu benshi.
Muri rusange inkingo zose zimaze kugera mu Rwanda ni ibihumbi 397, ziri mu byiciro bitatu birimo 102.960 za Pfizer n’izigera kuri 240.000 za AstraZeneca zanyujijwe muri gahunda ya Covax yo gufasha ibihugu biri mu nzira y’iterambere, ndetse n’izindi 50.000 za AstraZeneca zatanzwe na Leta y’u Buhinde.
Leta y’u Rwanda yihaye umuhigo wo gukingira 60% by’abaturarwanda bose mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira. Leta y’u Rwanda ikomeje ibiganiro n’ibindi bihugu, abakora inkingo ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo haboneke inkingo zihagije.
05.03.2021 Amakuru Mashya | Update
Abakingiwe / Vaccinated / Vaccinés: 75,056 pic.twitter.com/QYgVTfCEoG— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) March 5, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!