Uru rubuga rwatangijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe, nyuma y’icyumweru Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump na Visi Perezida we, Mike Pence, batangaje ko Google irimo kubaka urubuga rwo gusuzuma, aho abanyamerika bashobora gusubiza inyandiko y’ibibazo hanyuma bakoherezwa ahantu habegereye bashobora kwisuzumishiriza COVID-19.
Google ariko ntiyigeze ishimangira ibyavuzwe n’abayobozi ndetse urubuga yatangije ntabwo rurimo uburyo bwo gutanga amakuru aganisha ku gusuzumwa COVID-19.
Uru rubuga rwitwa google.com/covid19 icyo rugamije n’ukwigisha, kwirinda no gutanga inama. Abantu bashobora kubonaho amakuru n’ubundi bumenyi bwihariye butangwa n’abantu ku giti cyabo, abarimu n’abacuruzi.



















TANGA IGITEKEREZO