– Abanduye ni 541 (Barimo 31 bashya)
– Abakize ni 332 (Barimo 11 bashya)
– Abakirwaye ni 207
– Abantu babiri bamaze kwitaba Imana
– Ibipimo bimaze gufatwa ni 87 656 (Ibipimo bishya 2043)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu 31 basanganywe Coronavirus kuri uyu wa 13 Kamena 2020, ari ‘abarwayi bashya bakomeje kugaragara muri Rusizi na Rusumo. Abaturarwanda bose barasabwa gukomeza kwitwararika’.
Ni ubwa mbere mu Rwanda habonetse umubare munini w’abasanganywe Coronavirus mu munsi umwe.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yagize ati “Akenshi usanga iyo hagize umuntu wanduye mu rugo rumwe, iyo ari umugabo ukunda gusanga umugore na we yanduye, n’abana, ni byiza rero ko twese twibukiranya ko kiriya cyorezo kirandura, guhishira amakuru ni intandaro yo kugira ngo abantu benshi bandure, tugomba kubyirinda.”
Iyi Minisiteri yaburiye kandi abamotari bakomeje kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, ishimangira ko bigaragaye ko bateje icyuho mu kwirinda icyo cyorezo bashobora kongera gukurwa mu muhanda.
Minisiteri y’Ubuzima yashimye abaturage barimo gushyira mu bikorwa ingamba zose babwirwa, aho buri muturage ubu yiyemeje kuba ijisho rya mugenzi we, yamenya umuntu ufite ibimenyetso bya Coronavirus akamukangurira guhamagara ku 114 cyangwa akamenyesha abajyanama b’ubuzima, kugira ngo basuzumwe.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.



















TANGA IGITEKEREZO