Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko barindwi bishwe na Coronavirus kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 30 Kamena 2021, ari abagore bane b’imyaka 76 (Musanze), 58 (Kirehe) 58 na 51 (Kigali) n’abagabo batatu b’imyaka 85 (Kamonyi), 82 na 75 (Karongi).
Abarwayi bashya 849 babonetse mu bipimo 10.167 byafashwe bituma umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda uba 39.047 mu bipimo 1.641.582 bimaze gufatwa kuva muri Werurwe 2020.
Kuri uyu munsi ubwandu bwinshi bwagaragaye mu Mujyi wa Kigali ahasanzwe abarwayi 199, Muhanga [96], Rubavu [95], Gicumbi [64], Musanze [54], Rulindo [40]. Uturere twa Ngoma na Nyabihu ni two tutabonetsemo umurwayi n’umwe.
Mu masaha 24 yashize, nta murwayi wakize byatumye umubare w’abamaze gusezererwa mu bitaro no gukirira mu ngo zabo uguma ku 27.272.
Kugeza uyu munsi, abarwayi 11.337 barimo 39 barembye ni bo bakiri kwitabwaho.
Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa abantu 391.805 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 250.264 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca barimo 738 bayihawe uyu munsi.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi mu nsisiro cyangwa ahatuye imiryango myinshi.
30.06.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 250,264 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 738 bayihawe uyu munsi pic.twitter.com/YpBdUGyJp3
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) June 30, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!