Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko babiri bishwe na Coronavirus kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Kamena 2021, ari abagabo babiri b’imyaka 66 na 65 bo mu Mujyi wa Kigali.
Abarwayi bashya 202 babonetse mu bipimo 5927 byafashwe bituma umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda uba 27.862 mu bipimo 1.493.767 bimaze gufatwa kuva muri Werurwe 2020.
Mu masaha 24 yashize, nta murwayi wakize byatumye umubare w’abamaze gusezererwa mu bitaro no gukirira mu ngo zabo uguma ku 26.341.
Kugeza uyu munsi, abarwayi 1153 barimo batandatu barembye ni bo bakiri kwitabwaho.
Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa abantu 389.389 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 239.022 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca barimo 288 bayihawe uyu munsi.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi mu nsisiro cyangwa ahatuye imiryango myinshi.
11.06.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 239,022 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 288 bayihawe uyu munsi / Twihanganishije imiryango y’abagabo babiri bimyaka 66 na 65 bitabye Imana i Kigali. pic.twitter.com/nLmdSnnxYN
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) June 11, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!