Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 20 Kanama 2021, rivuga ko abitabye Imana bazize iki cyorezo ari abagore batatu n’abagabo batandatu.
Kuri uyu wa Gatanu kandi hafashwe ibipimo 12.772, habonekamo abantu 380 banduye Covid-19, bituma kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda abamaze kucyandura bose hamwe bagera kuri 82.215.
Ibikorwa byo gutanga inkingo za Covid-19, nabyo birakomeje aho kuri uyu wa Gatanu hakingiwe abantu 10.348 bahawe dose ya mbere y’urukingo.
Muri rusange abamaze guhabwa dose ya mbere y’urukingo ni 980.082 mu gihe abamaze guhabwa dose ebyiri ziteganywa n’inzego zishinzwe ubuzima ari 419.715.
Minisiteri y’Ubuzima ikomeje gusaba Abanyarwanda bari mu byiciro biteganyijwe guhabwa inkingo kwitabira ibikorwa byo gukingirwa.
Abaturarwanda bakomeje gusabwa kubahiriza amabwiriza yashyizweho n’inzego zishinzwe ubuzima arimo kwirinda gukora ingendo zitari ngombwa, aho bavuye mu ngo zabo bakibuka kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune ndetse no guhana intera.
20.08.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 3 n'abagabo 6 bitabye Imana / Condolences to families of 3 women and 6 men who passed away / Condoléances aux familles de 3 femmes et 6 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/La5O29BIRn
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 20, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!