Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa 3 Nzeri 2021, rivuga ko muri rusange abamaze guhabwa inkingo ebyiri, bakingiwe byuzuye ari 869.915. Abahawe dose ya kabiri uyu munsi ni 87.081.
Kuri uyu munsi kandi abanduye Covid-19 bashya ni 490 mu bipimo 12.737. Mu masaha 24 yashize abantu barindwi barimo abagore babiri n’abagabo batanu ni bo bishwe na Covid-19 mu gihe abarembye ari 25.
U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu bikorwa byo gukingira abaturage barwo. Kuri uyu wa 3 Nzeri 2021, rwakiriye dose 200.000 z’inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca rwahawe n’u Bugereki biturutse ku mubano mwiza ibihugu byombi bifitanye mu bya gisirikare.
Zakiriwe hashize amasaha make u Rwanda rwakiriye dose 108.000 za Johnson & Johnson rwaguze binyuze muri gahunda ya AVAT yo kugura no gukwiza inkingo mu bihugu bya Afurika.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko abagera kuri 50% muri Kigali bamaze gukingirwa byuzuye, naho 80% bahawe dose imwe.
Yakomeje ati “Mu ntara turacyari kuri 20%, biradufasha rero kuzamura umubare w’abakingirwa no gukomeza guhangana na COVID-19 muri rusange.”
Kugeza ubu u Rwanda rukingira COVID-19 rwifashishije AstraZeneca, Johnson & Johnson, Pfizer ndetse na Sinopharm.
U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo nibura uyu mwaka uzarangira hakingiwe 30% by’Abaturarwanda. Ni mu gihe umwaka utaha byitezwe ko hazaba hakingiwe nibura 60%.
03.09.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 2 n'abagabo 5 bitabye Imana / Condolences to families of 2 women and 5 men who passed away / Condoléances aux familles de 2 femmes et 5 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/AhiX5DeWyN
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) September 3, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!