U Rwanda rwatangiye gahunda yo gukingira ku wa 5 Werurwe 2021. Kuva icyo gihe hamaze gutangwa inkingo ku bantu 350.400.
By’umwihariko abahawe urukingo rwa Astrazeneca batangiye gufata dose ya kabiri ku wa 29 Gicurasi 2021.
Mu minsi ibiri ibyo bikorwa byongeye gusubukurwa, hamaze gutangwa inkingo ku bantu 133.460.
Minisante ivuga ko ibikorwa byo “Gukingira bizakomeza ku munsi w’ejo [ku wa Mbere, tariki ya 31 Gicurasi 2021].’’
Itangazo rigaruka ku ishusho ya COVID-19 ya buri munsi yerekanye ko kuri iki Cyumweru, abantu 26 banduye iki cyorezo mu bipimo 5620 byafashwe.
Kuva umurwayi wa mbere agaragaye mu Rwanda muri Werurwe 2021, abantu 352 bamaze guhitanwa na Coronavirus mu barwayi bayo 26.918 bakuwe mu bipimo 1.441.143 byafashwe kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda.
Mu basanzwemo iki cyorezo, abakize ni 25.609, barimo barindwi b’uyu munsi mu gihe abakiri kwitabwaho mu bitaro ari 957 barimo barindwi barembye.
30.05.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 133,460 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 barimo 63,869 bayihawe uyu munsi. Gukingira bizakomeza ku munsi w'ejo pic.twitter.com/VywpknX6yX
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) May 30, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!