Ni igikorwa cyabereye i Gikondo mu Karere ka Kicukiro ahasanzwe habera imirikagurisha (Expo) aho biteganyijwe ko abanyerondo ibihumbi bibiri baturuka mu bice bitandukanye by’ Umujyi wa Kigali barahabwa urukingo.
Gukingira abakora irondo ry’umwuga ni igikorwa cyari gitegerejwe n’abanyerondo benshi.
Umwe mu banyerondo bakingiwe, Dushimiyimana Emmanuel wo mu Murenge wa Kimironko waganiriye na IGIHE, yavuze ko yari amaze igihe ategereje kungirwa Covid-19.
Ati “Hari hashize igihe kinini twumva ngo urukingo rwaraje ariko ntiturubone.”
Icyifuzo cyo gukingirwa Dushimiyimana yari agisangiye n’abandi bari nka Burasanzwe Innocent wo mu Murenge wa Kanombe, wanavuze ko mu bo bakorana hari mo abigeze kurwara Covid-19.
Nyuma yo gukingirwa, Umubitsi w’Irondo rya Rusororo, Umugwaneza Chantal yavuze ko bishimiye gukingirwa Covid-19, kuko ngo imiterere y’akazi abanyerondo bakora hari n’ubwo itabemerera kubahiriza amwe mu mabwiriza yashyiriweho kwirinda iki cyorezo.
Yagize ati “Ku manywa ntibikunze kubaho cyane ariko nko mu ijoro iyo hari aho bibye, bajya gufata umujura, kandi abajura baranabarwanya. Icyo dusaba abanyerondo bacu ni ugukomeza bakubahiriza amabwiriza yo kurwanya icyorezo”.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima, RBC, cyatangaje ko uyu munsi hari bukingirwe abanyerondo ibihumbi bibiri b’i Kigali, na ho abasigaye barimo n’abo mu ntara zitandukanye bakazakingirwa mu bihe bitandukanye, bijyanye n’uko inkingo zizagenda ziboneka.
Ibikorwa byo gukingira Covid-19 mu Rwanda byatangiye ku wa 5 Werurwe 2021. Mu minsi umunani hamaze gukingirwa abantu barenga 254.000. Inkingo ebyiri nizo zitangwa muri iyi gahunda harimo urwa AstraZeneca n’urwa Pfizer-BioNTech.
Amafoto: Niyonzima Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!