Itangazo rya Minisante ryo kuri uyu wa Kane ryavuze ko abahitanywe na COVID-19 barimo “abagore babiri n’abagabo batandatu.’’
Mu masaha 24 yashize habonetse abanduye bashya 485 mu bipimo 11.604.
Kuri uyu munsi, abantu 11 bashyizwe mu bitaro mu gihe 16 aribo basezerewe nyuma yo gukira COVID-19. Kugeza uyu munsi, abagera kuri 35 ni bo bari kwitabwaho by’umwihariko kuko barembye.
Kuva ku wa 14 Werurwe 2020 ubwo umurwayi wa mbere wa COVID-19 yabonekaga mu Rwanda, hamaze gufatwa ibipimo 2.473.190; mu minsi irindwi ishize gusa abarwayi 3.481 ni bo bakuwe mu bipimo 114. 261.
Kuva ku wa 5 Werurwe 2021 ubwo hatangiraga ibikorwa byo gukingira mu buryo bwa rusange, abaturage 782.834 bamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye nyuma yo guhabwa dose ebyiri mu gihe 39.216 bahawe dose ya mbere uyu munsi, bituma umubare w’abamaze gufata imwe ugera kuri 1.592.405.
Abaturarwanda barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza atangwa n’inzego z’ubuzima mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo, arimo kwambara agapfukamunwa neza, guhana intera, gukaraba intoki kenshi cyangwa gukoresha umuti wica udukoko igihe cyose wakoze aho abandi bakoze. Barasabwa kwirinda kwikorakora mu maso, ku izuru no ku munwa, ndetse bakishyurana bakoresheje ikoranabuhanga aho bishoboka hose.
02.09.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 2 n'abagabo 6 bitabye Imana / Condolences to families of 2 women and 6 men who passed away / Condoléances aux familles de 2 femmes et 6 hommes qui sont décédés pic.twitter.com/d6GCi9AfHy
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) September 2, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!