00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu batandatu bishwe na Coronavirus mu Rwanda, 496 barayandura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 August 2021 saa 11:19
Yasuwe :

Raporo ya buri munsi ya Minisiteri y’Ubuzima yerekanye ko abantu batandatu bahitanywe na Coronavirus mu Rwanda bituma umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo ugera kuri 1027 mu gihe abanduye ari 496.

Minisante yatangaje ko abarwayi bishwe na Coronavirus kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Kanama 2021, ari abagore batanu n’umugabo umwe.

Abarwayi bashya 496, bangana n’ijanisha rya 6% babonetse mu bipimo 8.251 byafashwe mu masaha 24 yashize.

Kuri uyu munsi kandi abarwayi basezerewe mu bitaro ni 11, abagera kuri 15 ni bo babyinjijwemo mu gihe umubare w’abarembye wageze kuri 43.

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye [ni ukuvuga abahawe dose zombi] abantu 432.429 kuva ibi bikorwa byatangira ku wa 5 Werurwe 2021. Abantu 1.092.466 ni bo bamaze guhabwa dose imwe y’urukingo barimo na 43.826 bayifashe uyu munsi.

Kuri uyu munsi kandi Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 Abanyarwanda bose bafite kuva ku myaka 18 y’amavuko, ibikorwa byahereye mu Mujyi wa Kigali ariko bizakomereza hirya no hino mu gihugu bijyanye n’ubushobozi bw’inkingo zizaboneka.

Iyi gahunda yitezweho gufasha Umujyi wa Kigali kugera ku kigero cya 90% cyo gukingira abafite imyaka 18 no hejuru yayo nibura mu byumweru bibiri.

Ibikorwa byo gukingira abaturage bose hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bizamara iminsi 12 aho biri gukorerwa ahantu hagera 37 mu Turere twa Gasabo, Nyarugenge na Kicukiro. Nko ku Kagari biteganyijwe ko hazajya hatangirwa inkingo 380 ku munsi umwe.

U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo nibura uyu mwaka uzarangira hakingiwe 30% by’Abaturarwanda. Ni mu gihe umwaka utaha byitezwe ko hazaba hakingiwe nibura 60%.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages