00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu babiri bishwe na Coronavirus mu Rwanda, 18 bararembye

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 1 February 2021 saa 11:23
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu babiri bishwe na Coronavirus bituma umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu Rwanda uba 198 mu gihe abanduye bo biyongereyeho 155 bagera ku 15 459.

Abarwayi bitabye Imana ni abagabo babiri b’imyaka 83 na 41 bo mu Mujyi wa Kigali.

Itangazo rya Minisante ryerekana ko kuri uyu wa Mbere hagaragaye abarwayi 155 barimo 60 bakuwe mu Mujyi wa Kigali n’abandi basanzwe mu turere dutandukanye tw’igihugu.

Rikomeza ryerekana ko “Muri Kigali hasanzwe 60, Kirehe:23, Rwamagana: 10, Nyagatare:7, Nyamagabe:7,Gakenke:6, Huye: 6, Gisagara:5, Kamonyi:5, Gicumbi:3, Ngoma:3, Gatsibo:3, Karongi: 3, Musanze:1, Rusizi:2, Muhanga:2, Rubavu:2, Ruhango:2, Ngororero:2, Nyanza:1 na Nyamasheke:1.’’

Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 890 156, hasanzwemo abantu 15 459 banduye. Muri bo 10 272 [barimo na 185 bo kuri uyu munsi] basezerewe mu bitaro nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 4989 bakiri kwitabwaho.

Minisante kandi yahinduye imiterere y’urupapuro isanzwe ikoresha mu gutanga amatangazo agaragaza uko Coronavirus ihagaze mu Rwanda, aho rugaragaza uko byifashe muri buri karere ndetse n’umubare w’abarembye.

Umubare w’abicwa na Coronavirus wiyongereye mu gihe n’abarembye na bo bagera kuri 18. Igihe umurwayi wa Coronavirus arembye, akenshi ashyirwa ku byuma bimwongerera umwuka, icyakora, ngo hari n’ubwo birenga aho, umurwayi akaba yacomekwamo ibindi byuma bigera ku myanya y’ubuhumekero kugira ngo birusheho kumufasha, ibyo bikiyongeraho imiti yihariye ahabwa kugira ngo ifashe amaraso ye aba yavuze, yongere abe meza abashe gutembereza umwuka mwiza mu bice by’umubiri.

Ijanisha ku bandura riri kuri 4% mu gihe ijanisha ku bakira ari 66.4%.

Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages