Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 3 Ukwakira 2021, rigaragaza ko abishwe na COVID-19 ari abagore babiri barimo uw’imyaka 79 wo mu Karere ka Nyamasheke n’ufite imyaka 65 w’i Gicumbi.
Kuri iki Cyumweru kandi abantu 89 ni bo banduye, umubare uri hasi ugereranyije no mu bihe byatambutse aho wasanga bari hejuru y’ijana. Ubwandu bushya buri ku ijanisha rya 0.7%.
Akarere ka Burera ni ko kabonetsemo abarwayi benshi [15], Gicumbi ni 13, Rubavu ni 12 mu gihe Rulindo na Gisagara buri hose habonetse umunani.
Nko mu Mujyi wa Kigali ho habonetse abanduye barindwi gusa.
Mu mpera z’iki cyumweru, muri Kigali by’umwihariko hafashwe ibipimo ahantu hatandukanye harimo mu tubari no mu nsengero.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko ku wa 2 Ukwakira 2021 abantu 672 barimo abakozi b’utubari n’abakiliya batugana bapimwe COVID-19 bose basangwa ari bazima ndetse kuri iki Cyumweru, mu bipimo 655 byafashwe mu nsengero enye zo mu Mujyi wa Kigali, byose byasanzwe ari bazima.
Kuri iki Cyumweru kandi nta barwayi bashya binjijwe mu bitaro mu gihe umwe gusa ari we wasezerewe nyuma yo gukira. Abarwayi icyenda ni bo barembye, bakaba bari guhabwa ubuvuzi bwihariye.
Igabanuka ry’abarwayi ahanini rinagendana n’imbaraga zashyizwe mu gukingira umubare w’abantu benshi uko inkingo zigenda ziboneka.
Kuva ibikorwa byo gutanga inkingo za COVID-19 byatangira ku wa 5 Werurwe 2021, abaturarwanda 1.680.361 bamaze gukingirwa mu buryo bwuzuye [ubariyemo 887 bahawe dose ya kabiri uyu munsi] mu gihe 2.131.766 bamaze guhabwa dose imwe barimo 2.050 bahawe dose ya mbere uyu munsi.
03.10.2021 Amakuru mashya | Update | Mise à jour
Twihanganishije imiryango y'abagore 2 bitabye Imana / Condolences to families of 2 women who passed away / Condoléances aux familles de 2 femmes qui sont décédées pic.twitter.com/MJ6qwtqzdt
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) October 3, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!