Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuri uyu munsi, abantu 108 banduye Coronavirus, bituma umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda uba 19.659 mu bipimo 1.040.087 birimo 2.483 byafashwe kuri uyu wa 8 Werurwe 2021.
Abarwayi bakize biyongereyeho 71 bituma abamaze gukira bagera kuri 17.911 mu gihe abakirwaye ari 1480, barimo 20 barembye. Umubare w’abamaze kwitaba Imana wagumye kuri 268 kuko nta muntu wapfuye ahitanywe na Coronavirus mu masaha 24 yashize.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abamaze gukingirwa bose guhera ku wa 5 Werurwe 2021, ubwo hatangizwaga igikorwa cyo gukingira Coronavirus mu Rwanda, bangana na 208,677.
Ku munsi wa kane w’igikorwa cyo gukingira Coronavirus mu Rwanda hakingiwe abantu 10.224; hibanzwe ku baganga, abarwaye indwara zidakira, abamugaye, abakozi ba RwandAir n’abo ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, abacuruzi n’abatwara taxi n’abandi.
Mu baganga bakingiwe harimo n’abo mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal; aho Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo na Depite mu Nteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Chrysoula Zacharopoulou bakurikiranye iki gikorwa. Bari baherekejwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel.
Mushikiwabo ari gusura ibihugu biri muri OIF muri gahunda yo gushyigikira ubukangurambaga bwo kugeza urukingo kuri bose.
Uruzinduko rwe mu Rwanda yaruhuriyemo na Perezida w’Akanama ka EU, Charles Michel uri mu gihugu gushyigikira gahunda yo gukingira COVID-19 hifashishijwe inkingo zatanzwe muri COVAX no gukora ubuvugizi kugira ngo habeho imikoranire mpuzamahanga mu gusaranganya inkingo mu buryo bungana.
COVAX yashyizweho n’Ishami rya Loni rishinzwe kwita ku Buzima, OMS, EU, u Bufaransa, Gates Foundation mu gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo za COVID-19. Biteganyijwe ko dose z’inkingo miliyari ebyiri arizo zizatangwa mu bihugu 200 birimo 92 bikennye bitarenze 2021.
Binyuze muri iyi gahunda u Rwanda rwakiriye inkingo zirimo za Coronavirus ibihumbi 240 zo mu bwoko bwa AstraZeneca n’izigera ku 102 960 za Pfizer-BioNTech.
08.03.2021 Amakuru Mashya | Update pic.twitter.com/3yfgNgpne4
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) March 8, 2021
Mushikiwabo yasuye Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!