- Abanduye ni 510 (Barimo 16 bashya)
- Abakize ni 321 (Barimo umunani bashya)
- Abakirwaye ni 187
- Abantu babiri bamaze kwitaba Imana
- Ibipimo bimaze gufatwa ni 85 613 (Ibipimo bishya 1584)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu 18 basanganywe Coronavirus kuri uyu wa 12 Kamena 2020, barimo abakuwe muri Rusizi iri no mu duce tukibonekamo ubwandu bufitanye isano n’ingendo zambukiranya umupaka uyihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Abanyarwanda batashye bava hanze y’igihugu.
Igira iti “Bashyizwe mu kato, abo bahuye bakurikiranwe.’’
Umurwayi wa mbere wa Coronavirus yagaragaye mu Rwanda ku wa 13 Werurwe 2020, kuva icyo gihe hamaze kuboneka 510 bayanduye mu bipimo 85 613 bimaze gufatwa, 321 barayikize mu gihe 187 bakirwaye naho babiri barimo umushoferi w’imyaka 65 n’umupolisikazi bitabye Imana.
Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.
12.06.2020 – Covid-19 Coronavirus
Amakuru Mashya | Update | Mise à Jour*Abarwayi bashya bagaragaye muri Rusizi & mu Banyarwanda batashye. Bashyizwe mu kato, abo bahuye bakurikiranwe
*New cases are Rusizi cluster & repatriated Rwandans. They have been isolated & contacts traced pic.twitter.com/DayI34SaVd
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) June 12, 2020



















TANGA IGITEKEREZO