Abapfuye harimo abagore batanu b’imyaka 86, 63, 61 muri Kigali n’imyaka 63 na 51 muri Karongi, abagabo umunani b’imyaka 96, 83, 70, 66, 66, na 46 bo muri Kigali), uw’imyaka 70 i Musanze n’uwa 34 wo muri Kamonyi.
Abanduye mu masaha 24 ashize ni 887, bikaba byatumye abamaze kwandura baba 46 837. Ni mu gihe abakize ari 946, bituma abamaze gukira baba 31 137.
Minisante yatangaje ko abakirwaye ari 15 166 barimo 68 barembye.
Umujyi wa Kigali niwo wongeye kugaragaramo ubwandu bwinshi aho handuye 386, Kamonyi habonetse 64, Gakenke haboneka 57, Gicumbi 34, Nyamagabe 33 na Rubavu 30.
Abantu bamaze gukingirwa ni 392 832 barimo 252,842 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca.
09.07.2021 Amakuru Mashya | Update
Abantu 252,842 bamaze guhabwa doze ya kabiri y'urukingo rwa #COVID19 (AstraZeneca) barimo 262 bayihawe uyu munsi pic.twitter.com/yYi9PTaj8d— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) July 9, 2021



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!