00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukingo rwa kanseri rwakozwe n’Abarusiya rwatanze icyizere kiri hejuru

Yanditswe na IGIHE
Kuya 30 July 2026 saa 11:22
Yasuwe :

Umurwayi wa mbere wahawe urukingo rwihariye rwa kanseri y’uruhu mu Burusiya ameze neza kandi umubiri we wamaze gutangira gukora ubudahangarwa bukenewe mu kurwanya iyo ndwara.

Byatangajwe n’Umuyobozi Ushinzwe Ubushakashatsi mu Kigo cy’Ubushakashatsi cya Gamaleya, Aleksandr Ginzburg, cyagize uruhare mu gukora uru rukingo.

Umwaka ushize, Minisiteri y’Ubuzima y’u Burusiya yemeje inkingo ebyiri za kanseri yakozwe n’abahanga bo muri icyo gihugu: urukingo rwa kanseri rukoranywe ikoranabuhanga rya mRNA rwiswe Neooncovac rugenewe abarwaye kanseri y’uruhu ndetse n’umuti wiswe Oncopept ugenewe kurwanya kanseri y’amara.

Neooncovac yahawe umurwayi wa mbere muri Mata. Uwo murwayi ni umugabo w’imyaka 60 ufite kanseri y’uruhu iri ku rwego rwa gatatu ndetse ikaba yarageze no mu bindi bice by’umubiri, akaba ari kuvurirwa mu Kigo cy’Ubushakashatsi ku ndwara za kanseri cya Herzen Moscow Oncology Research Institute.

Ginzburg yavuze ko uwo murwayi “ameze neza nta kibazo na gito afite” kandi ko akomeje kwitabwaho.

Ibizamini byagaragaje ko umubiri we wagize ubudahangarwa ku rwego rushimishije cyane aho watangiye gukora ibifasha ubudahangarwa bw’umubiri kurwanya ikibyimba cya kanseri n’aho yaba yarakwirakwiriye, nk’uko yabitangarije RIA Novosti ku wa Kane.

Biteganyijwe ko uyu murwayi azahabwa izindi doses ebyiri z’uyu muti. Ginzburg yavuze ko bazakomeza kugenzura ubudahangarwa bwe mu gihe akomeje kwitabwaho.

Yatangaje kandi ko bari gutegura izindi inkingo zihariye za kanseri y’uruhu zizaterwa abandi barwayi 10 kandi ko biteganyijwe ko zizaba zamaze gutegurwa mu gihe kiri hagati y’ukwezi kumwe n’igice n’amezi atatu.

Urukingo rwa kanseri rwakozwe n’Abarusiya rwatanze icyizere kiri hejuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages