00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Serivisi yita ku bana mu Bitaro bya Nyanza yagize ubucucike bwa 135%

Yanditswe na Nshimiyimana Théogène
Kuya 17 September 2026 saa 07:36
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza buvuga ko buhangayikishijwe n’ubucucike bw’abashaka serivisi z’abana kuko mu mwaka wa 2025-2026 bakiriye abagera ku 135%.

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyanza buvuga ko umubare w’abarwayi bakira bivuza bataha wiyongereye ku kigero cya 69% kuva muri Nyakanga 2021 kugeza muri Kamena 2026, naho abahabwa ibitaro biyongereye ku kigero cya 27%.

Imibare kandi igaragaza ko ibitaro bikeneye kwagurwa kuko ubucucike bw’abarwayi buri hejuru. Nko mu mwaka wa 2025-2026, muri serivisi yita ku bana (Pediatric Service) ubucucike bwari buri 135%.

Umuyobozi w’ibitaro bya Nyanza, Dr. Mfitumukiza Jerôme, yagize ati "Ibi byose biterwa n’ubuto bw’inyubako ndetse n’abarwayi benshi twakira bakaba benshi mu bitaro.”

Dr. Mfitumukiza yifuza ko ibitaro bya Nyanza byakwagurwa by’umwihariko mu bijyanye n’inyubako.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ubwo aheruka gusura ibitaro bya Nyanza ku wa 10 Nzeri 2026, yavuze ko na we yabyinjiyemo, asanga ibi bitaro bikwiye kwagurwa.

Yagize ati "Icy’inyubako turakinoza, hashohora kuba hari inyigo yihuse kandi imeze neza, amafaranga abantu barayashaka, hari n’igihe aba ahari ariko azakoreshwa ku bitinda icyo gihe wayakoresha mu byihuta.”

Ibitaro birateganya kwagura zimwe mu nyubako zabyo no kuzivugurura, umushinga uzatwara arenga miliyari 2 Frw, bikazaba ari no muri gahunda yo kwizihiza imyaka 100 bimaze bibayeho kuko byashinzwe mu mwaka wa 1931.

Bigaragaza ko hakenewe inkunga ya Minisiteri y’Ubuzima kugira ngo uru rugendo ruzagerweho ndetse hari gahunda yo kubigira ibyo ku rwego rwa kabiri, bigahabwa n’inshingano yo kwigisha.

Ibitaro bya Nyanza bikeneye kwagurwa kugira ngo serivisi zabyo zijyane n'ubwinshi bw'abo byakira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages