00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RSSB na KASHA mu bufatanye bugeza imiti ku abanyamuryango ba RAMA hisunzwe ikoranabuhanga

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 12 March 2026 saa 08:05
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) n’ikigo KASHA byagiranye amasezerano yemerera abanyamuryango b’ishami ry’Ubwishingizi bw’Indwara (RAMA) kujya babasha kugura imiti bifashishije ikoranabuhanga ibasangishwe aho bari batiriwe bajya ahagurirwa imiti.

Ni amasezerano yasinyiwe i Kigali ku itariki 11 Werurwe 2026.

KASHA ni ikigo gisanzwe gitanga serivisi zo gucuruza imiti n’ibindi byifashishwa mu buvuzi, hamwe n’ibicuruzwa bikenerwa mu ngo ariko hakoreshejwe ikoranabuhanga bikagera ku babikeneye bidasabye kuva mu rugo cyangwa ahandi bari.

Amasezerano yasinywe yemerera abanyamuryango bose ba RAMA bakeneye serivisi zo kugura imiti kuyigura mu buryo bw’ikoranabuhanga ikabasanga aho bari.

Umunyamuryango wa RAMA azajya yishyura uruhare rwe rwa 15% nk’uko bisanzwe andi asigaye yishyurwe na RSSB nk’uko bigenda ku yandi mavuriro.

Gusa igiciro cyo kugezwaho imiti umurwayi azajya acyiyishyurira 100% aho utumije imiti ayikeneye ako kanya yishyura 1.770 Frw, uyitumije ayikeneye uwo munsi ariko atari ako kanya akishyura 944 Frw naho ukeneye ko imugeraho umunsi ukurikira akishyura 590 Frw.

Kwishyura ibyo waguze kuri Kasha Rwanda bikorwa mu buryo bunyuranye bw’ikoranabuhanga kandi iyo ibyo watumije bikugezeho bakubaza niba wabyakiriye koko ndetse ugasinyira ko ubyakiriye.

Ubu buryo kandi buzajya bukorerwa mu gihugu hose aho imiti ikenewe izajya isanga umuntu aho aherereye.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis yavuze ko ayo masezerano ari indi ntambwe mu rugendo rw’icyo kigo rwo gukoresha ikoranabuhanga, by’umwihariko mu mitangire ya serivisi aho bizorohereza abanyamuryango babo cyane cyane abageze mu zabukuru n’abandi bafite intege nke kubona imiti badakoze izindi ngendo cyangwa abandi baba bahugiye mu nshingano zitandukanye.

Rugemanshuro yakomeje agaragaza ko amasezerano nk’ayo ari aya mbere basinye yo muri ubwo buryo aho bahereye ku banyamuryango ba RAMA ariko ko mu mujyo wo gukoresha ikoranabuhanga bateganya kuzagera no ku bandi banyamuryango.

Ati “Iyi ni intangiriro y’ibindi dushobora gukorana na KASHA. Kandi n’abandi bafatanyabikorwa bacu turabashishikariza gukomeza guhanga ibishya bifashishije ikoranabuhanga, hagamijwe korohereza umunyamuryango kubona serivise yihuse kandi inoze.”

Umuyobozi Mukuru akanaba uwashinze KASHA, Joanna Bichsel yavuze ko amasezerano bagiranye na RSSB bayatezeho gufasha abanyamuryango ba RAMA kubona imiti bitabakuye mu zindi gahunda zabo.

Ati “Abanyamuryango ba RAMA bakenera gukora, kujya kwiga ndetse bafite ibyo baba bahugiyemo muri rusange. Izo ngendo zibatwara amafaranga n’umwanya wo kwirirwa ahatangirwa serivisi z’ubuvuzi bategereje.”

“Ubu buryo bushya rero bugiye kubafasha gukomeza gahunda zabo kandi babone imiti bakeneye. Twizeye ko ari gahunda izaguka ikagera ku bantu benshi mu Rwanda kandi ibe uburyo bwo gutanga serivisi tutamenyereye muri Afurika.”

Kugura imiti cyangwa ibindi bicuruzwa kuri KASHA ni ukunyura ku rubuga rwayo, kuri ‘application’ yayo yitwa Kasha Care cyangwa ukanze *911#.

Ushobora no kubahamgara ku murongo utishyurwa wa 9111 cyangwa ukabandikira kuri WhatsApp (+250780440522).

RSSB na KASHA mu bufatanye buzatuma abanyamuryango ba RAMA bagezwaho imiti hakoreshejwe ikoranabuhanga
Mbere yo gusinya amasezerano impande zombi zabanjye kugirana ibiganiro
Umuyobozi Mukuru akanaba uwashinze KASHA, Joanna Bichsel yavuze ko amasezerano bagiranye na RSSB bayatezeho gufasha abanyamuryango ba RAMA kubona imiti bitabakuye mu zindi gahunda zabo
Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis yavuze ko amasezerano yo kugeza imiti ku banyamuryango ba RAMA aho bari, ari indi ntambwe mu rugendo rw’icyo kigo rwo gukoresha ikoranabuhanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages