Mu 2012, Nyaruguru yari ifite abana barwaye bwaki basaga 2632, naho abafite ibibazo byo kugwingira bavuye kuri 45.4% mu 2015 bagera kuri 41.6% mu 2016.
Ubwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, cyasuraga tumwe mu turere twagize ibikorwa by’icyitegerezo by’ubuzima, Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Nyaruguru, Karemera Athanse, yavuze ko ibyo babikesha gahunda y’abajyanama b’ubuzima n’abafashamyumvire yo gusura imiryango.
Yagize ati “Hari gahunda bakurikirana zo kuboneza urubyaro, isuku, mitiweli n’imirire. Iyo bageze mu rugo (abajyanama), hari ifishi buzuza. Urugo basanze nta kibazo rufite muri ibyo, ruba rwujuje ibisabwa. Urufite kimwe cyangwa bibiri, bumvikana uko bizakemurwa. Buri mudugudu kandi uba ufite abantu 15 b’abafashamyumvire basura buri rugo bitewe n’ikibazo rufite, bareba uko bigenda bikemuka.”
Yakomeja avuga iyo fishi ifasha ubuyobozi bw’umudugudu n’izindi nzego kumenya buri rugo ikibazo rufite bukanarushaho kugikurikirana.
Umwe mu babyeyi ukuriye rimwe mu matsinda (ry’abantu 20 rikorera ku kigo nderabuzima cya Kibeho) ahuriwemo n’abafite abana bagaragayeho ibibazo, Mushimiyimana Colette , yavuze ko aya matsinda yagize uruhare rukomeye mu gukemura ikibazo cy’abana bafite ibibazo by’imirire mibi.
Yagize ati “Tugira igikoni cya hano (guhura bagahugurana guteka indyo yuzuye) rimwe mu cyumweru, tugahinga imbuto tukazikoresha igihe twatetse. Hari n’abo twahaye ingurube, inkwavu, mu rwego rwo kurwanya imirire mibi. Hari n’ibindi tugira byo gusura ababyeyi mu midugudu tukareba niba ibyo babwirwa babishyira mu bikorwa.”
Yakomeje avuga ko mu Murenge wa Kibeho gusa hari abana basaga 14 bakigaragaza ibibazo by’imirire mibi, ariko cyane cyane aho haziye gahunda ya Shisha Kibondo n’izindi zo kwita ku babyeyi batwite n’abana; bitanga icyizere ko indwara ziterwa n’imirire zizashira.



















TANGA IGITEKEREZO