Rwanda FDA yafashe iki cyemezo nyuma yo gusanga iyi nimero y’uyu muti ugabanya ububabare n’umuriro yarahinduye ibara, igira ibara ikigina yari isanzwe ari umweru.
Umuyobozi w’ishami ry’iki kigo rishinzwe gukurikirana ingaruka z’imiti n’igeragezwa ryayo, Ntirenganya Lazare, yasobanuye ko ubwo iyi nimero yahagarikwaga, nta makuru y’uwo yagizeho ingaruka yari yakamenyekanye.
Ntirenganya yagize ati “Nta makuru aragaragara agaragaza ko hari abo waba waragizeho ingaruka mu gihugu cyacu.”
Abafite iyi nimero y’uyu muti basabwe guhagarika kuwukoresha, amafarumasi asabwa guhagarika kuwutanga, akanagaragaza raporo y’ingano y’uwo yaranguye, uwagurishijwe n’usigaye ugomba kwangizwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!