00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamuritswe e-IDSR izajya ikusanya amakuru ajyanye n’indwara zadutse zikomotse ku nyamaswa

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 4 November 2025 saa 09:58
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) gifatanyije n’Igishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) byamuritse uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwuzuzwamo amakuru y’amatungo n’inyamaswa bishobora kwanduza abantu indwara kugira ngo bibashe gukumirwa mbere.

Ubu buryo bwiswe ‘Integrated Disease Surveillance and Response system (e-IDSR) bwamurikiwe i Kigali ku wa 3 Ugushyingo 2025. Byahujwe no kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubuzima bukomatanyije ubw’abantu ubw’amatungo n’ibindi bidukikije.

Bwari bumaze igihe gito bukora aho amakuru ku nyamaswa n’amatungo yatangiye kuzuzwamo ndetse abakora mu nzego bireba baratangiye kubuhabwaho ubumenyi.

Ubu buryo bw’ikoranabuhanga bwari busanzweho ariko bwuzuzwagamo gusa amakuru ajyanye n’abantu.

Bivuze ko nk’igihe hari indwara iri kwiyongera mu gace runaka mu bantu ayo makuru yahitaga yuzuzwamo agasesengurwa akanafatwaho ingamba ariko ku nyamaswa n’amatungo byandikwaga ku mpapuro amakuru akazagenda yegeranywa ariko bigatwara igihe kirekire.

Ishami rya Loni rishinzwe Ubuzima, rigaragaza ko ku Isi hose 60% by’indwara z’inzaduka cyangwa izisanzweho zigarukana ubukana ziba zituruka ku nyamaswa n’amatungo. Nanone kandi 75% muri zo ziba zikomoka ku nyamaswa zo mu gasozi.

Dr. Ishema Leandre uyobora agashami k’Ubuzima bukomatanyije muri RBC yavuze ko kuva mu 2000 uburyo bwa e-IDSR bwakoraga kugira ngo bufashe kumenya amakuru ku ndwara z’abantu zishobora kubyara ibyorezo n’izindi zikumirwe mbere ariko ubu bakaba bongeyemo inyamaswa n’amatungo.

Ati “Mu myaka yashize twagize Covid-19, tugira Ebola na Marburg mu Rwanda byose biva ku nyamaswa. Twashyizeho ubu buryo rero kuko kuba twarabonaga amakuru ku bantu ntabwo byari bihagije, twari dukeneye n’ava mu matungo n’inyamaswa kuko bifite indwara bigendana. Ubu buryo buzajya bunashyirwamo andi makuru ajyanye n’ibidukikije kuko hari indwara ziterwa n’imihindagurikire y’ikirere.”

Dr. Ishema yongeyeho ko ubu bamaze guhugura ba veterineri barenga 600 mu gihugu hose n’abandi bareberera ubuzima bw’inyamaswa muri za pariki n’ibindi byanya bikomye ndetse n’abakozi bo mu miryango itegamiye kuri Leta yita ku nyamaswa.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubworozi muri RAB, Dr. Ndayishimiye Fabrice, yavuze ko e-IDSR igiye gufasha mu gutanga amakuru y’uburwayi mu nyamaswa n’amatungo yose mu gihugu mu buryo bw’ikoranabuhanga ryihuta kuko hari harimo icyuho cyo gutinda kw’ayo makuru kuko byandikwaga ku mpapuro.

Ati “Hari indwara zifata amatungo n’inyamaswa zirimo Ebola, Amakore, Marburg n’izindi z’ibiguruka zitari zagera mu Rwanda, dushaka kwirinda ko zahitana ubuzima bw’amatungo n’ubw’abantu.”

Yavuze ko bari basanzwe twandika amakuru ku mpapuro ku buryo bishobora gufata iminsi ibiri kandi indwara ishobora kuba yamaze gufata ahantu harenze umudugudu.

Dr. Ishema Leandre uyobora agashami k’Ubuzima bukomatanyije muri RBC yavuze ko kuva mu 2000 uburyo bwa e-IDSR bwakoraga kugira ngo bufashe kumenya amakuru ku ndwara z’abantu zishobora kubyara ibyorezo
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda, Assoc. Prof. Kayihura Muganga Didas yatanze ibitekerezo kuri e-IDSR
Umuyobozi w’Ishami ry’Ubworozi muri RAB, Dr. Ndayishimiye Fabrice yavuze ko e-IDSR igiye gufasha mu gutanga amakuru yose y’uburwayi mu nyamaswa n’amatungo byose mu gihugu mu buryo bw’ikoranabuhanga ryihuta
Umuyobozi Mukuru w'Agateganyo wa RAB, Dr. Uwituze Solange yitabiriye igikorwa cyo kumurika e-IDSR
Abayobozi batandukanye bitabiriye imurikwa rya e-IDSR izajya ifasha mu gukusanya amakuru ajyanye n'indwara zava mu nyamaswa zijya mu bantu
e-IDSR yamurikiwe muri Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Remera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages