00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zigomba gushira burundu- Minisitiri Ugirashebuja ku manza Leta itsindwa

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 31 March 2026 saa 09:44
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, yavuze ko nubwo umubare w’imanza leta itsindwa ugenda ugabanyuka, bataragera ku kigero bifuza kuko zigomba kurangira burundu.

Ibi Minisitiri Ugirashebuja yabitangaje ku wa 30 Werurwe 2026 mu mahugurwa yahuje abajyanama mu by’amategeko bo mu nzego zitandukanye za leta.

Yatangaje ko isuzuma ryakozwe mu 2020-2023, rigaragaza ko Leta y’u Rwanda yatsinzwe imanza 27 zingana na 9% mu zo yaburanye, ziteza igihombo kingana na hafi miliyari 1 Frw.

Yakomeje avuga ko imanza leta itsindwa zigomba kurangira burundu.

Ati “Mu myaka yashize n’ubwo habayeho gutsindwa zimwe mu manza zirimo n’imicungire y’amasezerano ariko Leta y’u Rwanda yatsinze imanza 201 zingana na 91%, kandi dufite gahunda y’uko n’izo twatsinzwe zigomba gushira burundu.”

Yashimiye Ishuri Rikuru ryo Kwigisha no Guteza Imbere Amategeko, ILPD ku ruhare ryagize mu gutanga ubumenyi ku banyeshuri, bijyana no kurushaho kugabanya umubare wiyongeraga w’imanza, bakabihuza n’amahugurwa baha abajyanama mu by’amategeko, biri mu bikomeje kugabanya ibihombo ku micungire y’amasezerano.

Yagaragaje ko hari kwigwa ku bihano biteganywa n’amategeko bizajya bifatirwa ba rwiyemezamirimo mu gihe imishinga yabo irimo itinda, indi ikagenda gahoro cyangwa ntiyihute nk’uko biteganywa n’amasezerano.

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (RWB), Nsengiyumva Ngonga Erneste, yavuze ko zimwe mu mpamvu ziteza ibihombo kuri leta, zirimo no kuba amasezerano aba adateguye neza, ndetse n’abayashyira mu bikorwa bagatinda ugasanga igihe cyararenze, agaragaza ko byose bikozwe ku gihe cyategenyijwe byatuma habaho kwirinda ibihombo.

Minisitiri Ugirashebuja yavuze ko imanza 228 zingana na 28,85% zari zishingiye ku micungire y’amasezerano, ashimangira ko bazakomeza kugenzura amasezerano akorwa n’uburyo akorwamo kugira ngo ibisabwa byose bikorwe neza kandi ku gihe.

Minisitiri Ugirashebuja yashimangiye ko imanza leta itsindwa zigomba kurangira burundu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages