00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yampano yafunzwe iminsi 30 y’agateganyo

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 9 June 2026 saa 04:17
Yasuwe :

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano mu muziki afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Yampano yatawe muri yombi ku itariki ya 16 Gicurasi 2026. Yari akurikiranweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha ibikangisho, kwangiza ikintu cy’undi, kunywa ibiyobyabwenge, ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi no gufunga umuntu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubwo urukiko rwafataga umwanzuro wo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo kuri uyu wa 9 Kamena, rwagaragaje ko muri ibyo byaha, bitatu birimo kwangiza ikintu cy’undi, gukubita no gukomeretsa ndetse no kunywa urumogi bifitiwe ibimenyetso bihagije kandi bikomeye bituma akurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ku cyaha cyo gufungirana umuntu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ubwinjiracyaha ku bwicanyi ndetse n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho, urukiko rwasanze nta mpamvu zikomeye cyangwa ibimenyetso bihagije byabonetse byatuma akomeza kubikurikiranwaho.

Mu iburanisha ryo ku itariki 2 Kamena 2026, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Yampano ko aburana afunze iminsi 30 y’agateganyo.

Icyo gihe we yari yaburanye asobanura uko ibyaha byose akurikiranyweho byagiye bigenda ndetse bimwe arabyemera, anavuga ko we n’umugore we bari barabiganiriyeho aramubabarira, ndetse asaba ko byashingirwaho akaburana adafunze mu gihe cy’iminsi 30.

Urukiko rwatesheje agaciro imbabazi z’umugore n’ibindi byose Yampano yari yasobanuye, rwanzura ko azaburana urubanza nyirizina afungiwe mu Igororero rya Nyarugenge.

Urukiko rwategetse ko Yampano afungwa iminsi 30 y'agateganyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages