Byari biteganyijwe ko Munyenyezi agomba gutangira kuburanishwa mu mizi n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Mutarama 2022.
Urubanza rwe rwimuriwe mu Karere ka Huye kuko ariho ibyaha Ubushinjacyaha bukumurikiranyeho bikekwa ko yabikoreye.
Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Mutabazi Harrison, yemereye IGIHE ko uru rubanza rwamaze gusubikwa biturutse ku bunganira Munyenyezi.
Yavuze ko ubwo urubanza rwa Munyenyezi rwasubikwaga ku wa 9 Ukuboza 2021 abamwunganira mu mategeko bahise bandikira Urukiko Rwisumbuye rwa Huye barumenyesha ko itariki urukiko rwanzuye ko ruzasubukurwaho batazaboneka kuko bafite izindi manza.
Yakomeje ati “Urukiko rwumvise ubusabe bwabo rwimurira urubanza ku wa 18 Mutarama 2022 saa Mbili za mu gitondo.’’
Munyenyezi yatangiye kuburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro yunganiwe na Me Gatera Gashabana na Me Buhuru Pierre Célestin. Aba bombi ni na bo bamwunganiye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu bujurire mbere yo kubirukana.
Kuri ubu asigaye yunganiwe na Me Bikotwa Bruce wamenyekaniye mu rubanza rwa Munyagishari Bernard na Twagirayezu Wenceslas na bo baburanye ibyaha bya Jenoside.
Munyenyezi akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha ibyaha bitandukanye birimo icyo kwica n’icyaha cya Jenoside, gucura umugambi wo gukora Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, icyaha cyo kurimbura n’icyibasiye inyokomuntu.
Munyenyezi yagejejwe mu Rwanda ku wa 16 Mata 2021 akuwe muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho yari amaze igihe kirekire atuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!