00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibirego bishya by’abaregera indishyi mu byatumye urubanza rwa Manzi Sezisoni rusubikwa

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 13 February 2025 saa 09:46
Yasuwe :

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasubitse urubanza rwa Manzi Sezisoni, nyuma y’uko ubushinjacyaha bugaragaje ko hari ibirego byakiriwe nyuma n’ibindi bishobora gutangwa n’abaregera indishyi byose bigomba guhurizwa hamwe, rukazaburanishwa muri Mata 2025.

Manzi Sezisoni Davis uregwa ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, we yasabaga Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo guhabwa umwanya akumvikana n’abaregera indishyi kugira ngo abashe kubishyura.

Ibi byaha bishingiye ku kuriganya abantu barenga 500 amafaranga arenga miliyari 12 Frw, binyuze mu kigo gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet cya ’Billion Traders FX’, nk’uko Ubushinjacyaha bubivuga.

Umwunganira mu mategeko yavuze ko bahabwa umwanya bakabanza bagakemura ikibazo cy’abaregera indishyi binyuze mu bwumvikane bakishyurwa ayo baberewemo, mbere yo kuburana urubanza mu mizi.

Yagize ati “Duhawe umwanya tukareba abo turimo umwenda mu bwumvikane, twaganiriye tukamenya ayo buri wese yatanze n’ayo yasubijwe, kugira tumenye ayo tuzamuha tukabishyura byatubera byiza, kuko turemera ko tuyabarimo.”

Yakomeje asaba Urukiko ko babanza gukemura ikibazo cyo kwishyura izi ndishyi, kuko byagaragaza ko hari aho biri kwerekeza kandi heza.

Abaregera indishyi na bo bavuze ko icyo bifuza ari ubwumvikane, bagasaba ko ibyiza ari ukwishyurwa amafaranga yabo.

Umwunganzi w’abaregera indishyi, Me Nuwagaba James, yavuze ko guhabwa umwanya no kumvikana nta kibazo kirimo.

Yagize ati “Ubusabe bwo kumvikana ni bo bizabaturukaho, bakagaragaza ko basaba ubwumvikane babukwiye, ariko akatugaragariza uburyo yakwishyura, icyo tudashaka ni uko yabikoresha nko gukomeza kubeshyabeshya atanga amasezerano ahoraho.”

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko yahabwa uyu mwanya ariko akazishyura izo ndishyi aho kuwukoresha nk’amayeri yo gutinza urubanza.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko kwigiza inyuma urubanza byaba byiza kuko hari n’abandi bagitanga ibirego ndetse n’ababitanze bitinze.

Bwemeje ko byaba byiza buhawe umwanya bukegeranya ibirego byose, ndetse urukiko ruhitamo kurusubika, rwimurirwa ku wa 14 Mata 2025.

Manzi aregwa ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kuvunja no gucuruza amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’iyezandonke.

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwasubitse urubanza rwa Manzi Sezisoni Davis rwasubitswe kubera ibirego bishya by'abaregera indishyi bigomba guhuzwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .