00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri Jenoside yafatiwe mu Budage

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 2 July 2026 saa 09:21
Yasuwe :

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Sebagoyi Innocent ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

Uyu Munyarwanda akurikiranyweho kuba umufatanyacyaha mu byaha bya Jenoside n’icyaha cy’ubwicanyi.

Ku wa 1 Nyakanga 2026, Ubushinjacyaha bw’u Budage bwasobanuye ko Sebagoyi yahoze ari umwunganizi w’uwahoze ari Burugumesitiri wa Komini ya Kayove. Yafatiwe muri Leta ya Hesse.

Ubushinjacyaha bushinja Sebagoyi gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi mu byiciro bitanu ubwo yungirizaga Burugumesitiri, kandi ko we ubwe yateye Umututsi icyuma mu gituza.

Uretse kwica no gutanga amabwiriza yo kwica, Sebagoyi yifashishije umwanya yari afite, ashishikariza abantu kwica Abatutsi muri Kayove, anakora urutonde rw’abagombaga kwicwa.

Sebagoyi azaburanishwa n’u Budage, hashingiwe ku bubasha inkiko zihabwa bwo kuburanisha ibyaha byakorewe mu bindi bihugu, kubera ko afite ubwenegihugu bwabwo.

Byitezwe ko Ubushinjacyaha bw’u Budage buzifashisha abatangabuhamya bazava mu Rwanda ndetse n’ibimenyetso bwahakusanyije mu kugaragariza urukiko uburyo yagize uruhare rukomeye muri Jenoside.

Urubanza rwe ruzakurikira urwa Onesphore Rwabukombe wabaye Burugumesitiri wa Komini Muvumba mu yahoze ari Perefegitura ya Byumba. Mu 2015, urukiko rwa Frankfurt rwamuhamije uruhare muri Jenoside, rumukatira igifungo cya burundu.

Innocent S. yafatiwe muri Leta ya Hesse iri mu burengerazuba bwo hagati bw'u Budage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages