Uru rubanza rwabaye kuri uyu wa 25 Gicurasi 2026 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, icyemezo cyarwo kikazatangazwa ku wa 11 Kamena 2026.
Iradukunda Nelly yatanze ikirego arega Me Munyakaragwe Aline usanzwe ari umuhesha w’inkiko w’umwuga, amushinja kumufata mu buryo bumutesha agaciro no kumukorera ivangura, akamwita ‘igikuri’ kandi ari ijambo rifitanye isano n’imiterere y’ubumuga bwe bw’ubugufi bukabije.
Ni inyito mu rukiko byasobanuwe ko yagaragajwe bwa mbere ubwo uyu munyamategeko yari ari mu nzira zo kurangiza urubanza, umuryango wa Ingabire wasabwaga gushyira mu bikorwa ku cyemezo kijyanye n’izungura ry’abawugize.
Icyo gihe Me Munyakaragwe ubwo yari ageze mu rugo ahari umutungo wagombaga kurangirizwaho urubanza yahamagaye ushinzwe umutekano mu mudugudu asa n’umurangira aho ari.
Ati “Ndi kwa cya gikuri cy’igikire.”
Indi nshuro uyu uregwa ngo yabivugiye mu ruhame ku rukiko ubwo haburanwaga ikirego cyatanzwe kuri cyamunara yari yarakoresheje yashinjwaga ko itubahirije amategeko, Ingabire agasobanura uburyo iyo nyito uyu arega yakoresheje yamugizeho ingaruka no mu marangamutima.
Uregwa agitangira kwiregura umucamanza yamubajije niba iryo jambo yaba yarigeze arivuga, abihakana yivuye inyuma.
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kwakira ikirego cyabwo rukagiha ishingiro, rugahamya Me Mukanyakaragwe Aline icyaha cyo gutukana mu ruhame, rukamuhanisha igihano cy’igifungo cy’amezi abiri n’ihazabu y’ibihumbi 200 Frw.
Uregwa we yavuze ko nta gihano cyabaho mu gihe nta cyaha cyabayeho, asaba ko icyifuzo cy’ubushinjacyaha kitahabwa ishingiro.
Uruhande ruregera indishyi rwasabye ko mu gihe uregwa yahamwa n’icyaha yanatanga indishyi zingana na miliyoni 10 Frw hiyongereyeho miliyoni imwe y’ikurikirana rubanza.
Mu kiganiro kigufi na IGIHE, Iradukunda Nelly, yavuze ko kwitwa igikuri byamugizeho ingaruka bityo akaba yifuza ko yahabwa ubutabera.
Ati “Icya mbere ndasaba ubutabera. Icya kabiri ni indishyi z’akababaro kuko yarampohoteye cyane kandi ndacyanababaye.”
Yavuze ko yahisemo kujyana ikirego mu nkiko kugira ngo abantu bagikoresha imvugo zitesha agaciro abafite ubumuga babihagarike, be gukomeza kubakorera itoteza.
Ati “Mu gihe yahamwa n’icyaha akagihanirwa, byafasha n’abandi bantu bafite ubumuga nk’ubu bwanjye bw’ubugufi bukabije.”
Icyemezo cy’Urukiko kuri uru rubanza kizasomwa tariki 11 Kamena 2026 saa Cyenda z’Amanywa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!