00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuforomo ukekwaho gusambanya Ishimwe uherutse kugwa mu bitaro arafunzwe

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 21 April 2026 saa 06:10
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’ rwavuze ko rwamaze kwinjira mu kibazo cy’umukobwa witwa Ishimwe Odile uherutse kwitaba Imana aguye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, azize urupfu rutavuzweho rumwem ndetse umuforomo bikekwa ko yamusambanyije yatawe muri yombi arafungwa.

Inkuru y’urupfu rw’uyu mukobwa yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’amajwi y’uwo bivugwa ko ari musaza we wagaragaje ko mbere y’uko mushiki we yitaba Imana yanasambanyijwe n’umuganga.

Musaza wa Ishimwe yumvikanye ahamya ko mushiki we yari arwariye mu cyumba cy’indembe, bitewe n’uko aho nta murwaza uhagera ahubwo abakozi bo kwa muganga ari bo babarwaza bakabitaho, bikavugwa ko byatumye uwakurikiranaga uyu mukobwa amuhohotera.

Mu ijwi ry’uyu musaza we ryagiye hanze, yavuze ko mushiki we wari urembye ku rwego rw’uko atabashaga kuvuga, yafashe agapapuro yandikira mukuru we amubwira ko umukozi wo kwa muganga aho kumufasha ahubwo yamusambanyije.

Uretse kumusambanya, uyu musore yavuze ko imiti ihenze baguriraga mushiki we nta n’umwe bamuhaga ahubwo bayihishaga kugira ngo bayigurishe muri ‘pharmacie.

Aha uyu musore yagize ati “Bagire kwiba imiti, nk’aho bidahagije basambanya n’umurwayi?”

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko binjiye muri iki kibazo kandi kikiri mu iperereza nubwo hari aba mbere bamaze gutabwa muri yombi.

Umuforomo ukekwaho kumusambanya yatawe muri yombi nk’uko byahamijwe na Dr. Murangira, Ati “Ubundi tariki 19 Werurwe 2026, RIB yakiriye ikirego giturutse ku mwana w’imyaka 29 arega umuforomo ko hari ibikorwa amukorera bijyanye n’imibonano mpuzabitsina, arafatwa arafungwa akorerwa dosiye ishyikirizwa Ubushinjacyaha na bwo buyiregera Urukiko.”

Dr. Murangira ahamya ko n’ibyavuzwe nyuma y’uko Ishimwe yitabye Imana batabirengeje ingohe, ko batangiye kubikoraho iperereza.

Ati “Tariki 16 Mata 2026 uyu mwana w’umukobwa yitabye Imana azize uburwayi [...] nyuma y’urupfu umuryango we hari ibyo umuryango we wagaragaje ko utishimiye, ubu rero hari iperereza riri gukorwa kubyo bagaragaje ko bitagenze neza aho yavurirwaga.”

Dr. Murangira yasabye ko buri wese ufite amakuru kuri ibi bikorwa akwiye kuyatanga kugira ngo ukuri kugaragare.

Dr. Murangira yavuze ko RIB yinjiye mu kibazo cya Odile Ishimwe uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutavuzweho rumwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages